TWAKOZE DIVORCE NYUMA Y'IMYAKA 20 TUBANA/TWAKOMEJE KUBANA MUNZU HABURA UGENDA😥UMUGORE WE MUSHYA NAWE
HTML-код
- Опубликовано: 6 сен 2024
- #MAMA_QUEEN_0788417607 NIBA UFITE INKURU YAWE WIFUZA KUDUSANGIZA #DUHAMAGARE_KURI_0790003781 #inkuru_yanjye #gerard_mbabazi #rweme_mbabazi
WIFUZA INAMA YA #MAMA_QUEEN_0788417607 WAMUVUGISHA CG UKAMUSANGA KURI IYI LINK ruclips.net/video/IsJTSlDCccE/видео.html
Urumunyembaraga gusa ndagukunda cyaneeeee ♥️
Nabanye nicyo kigerageza imyaka yose
I'm
@@floramucyo2467 SHA NTIBAKAZE HANO KUTWIFATIRA ISHYAMBA RIBARA UWARIRAYE ,JYE NAHISEMO KWICECEKERA !
@@floramucyo2467 n'ukuri Imana ize iguhe iherezo ryiza n'ukuri intahe yawe iramfashij
Amahoro arayafite ariko NTA byishimo afite, kuko nagahinda kamugaragara kumaso. Gusa numugore wintwari.kdi turize dufashe amasomo kbsaa.Imana Iguhe umugisha. Post divorce ntampamvu yo kwimena inda,ntampamvu yo gusebya uwo mwabanye,ntampamvu yo kwangisha abana papa wabo, ntampamvu yo kwanga mukeba. Ikirenze ibyo byose kumenya kumvira Imana. Urakoze mugore mwiza wubatse famille kdi Imana idakiranirwa humura izakomora.
Yego rata urakoze cyane ndagushimiye
Ibyo uyu mu mama avuga ndabizi rwose bibaho. You can live with a man/woman for years have children and if he is not your husband/wife you will still part ways.
Nibyo koko rwose amahoro urayiremera
100%true
Nanjye ngishakana numugabo wanjye yarangerageje birenze . Twe twibera muribi bihugu bikonja cyane, ubwo turabageni naramubwiye nti harashyushye nakonjeshe imodoka ahubwo arushaho gushyiramo ubushyuhe kd sha ubwo narintwite tutakiri mubukonje ahubwo twageze mubushyuhe bwinshi . Mbabwizukuri narimfiriye mumodoka . Mubyeyi ihangane harabagabo babi
Yoooo ihangane mukobwa senga Imana izamuhindura nawe wishime.
Ego mana yanjye
Donna Uwase,hari abagabo babi hari n'abagore babi.kandi Aho abagore bajya bagora abagabo ni uko haje ikintu cya feminism ,Kiri gutuma abagore ,iyo batakitwayemo neza batakimenya kubwira umugabo neza ,kandi abagabo Banga stress na pressure nk'uko n'abagore Banga abagabo batabatega amatwi ngo babumve.Ibihe turimo ntibihagije ngo mube mufite amafaranga cg akazi Ahubwo iyo muganiriye mugafata umwanya mugatura ubuzima bwanyu Imana.Naho ubundi muri iki gihe ntibyoroshye !
Komera mwiza wacu
@@F20ization uvuze neza cyane bitimo ukuri kwinci.
Ariko ikibazo kuganira byarangiza ikibazo ariko harabadakunda sasa kuganira
Ubuhamya bwa maman Qween buramfashije Imana imuhe unugisha nzamuhuza na sister wanjye nawe yabaye divorce arko yagize depression rero akeneye ubufasha,murakoze
Pole Imana imworohereze
Sha wa mudamu we urakomeye, ufite indangagaciro zikomeye nabuze izina nkwita. Ariko si ukuvuga nabi Uwo mwashakanye ariko kandi natabona ingaruka muri iyi si azaba ari umurame. Yahakanye Imana yishe umuryango, arawusenya arawusesereza arawumunga, nabuze amagambo. Niba Imana ariyo yashinze umuryango, umva Maman Queen Imana izaguhorere, iguhe amahoro iguhe ubuzima iguhe iherezo ryiza n’abana bawe.
Urakoze kumvugira ibyo naringiye kuvuga,burya uriya mugabo azumirwa kuburyo niyo yasaba imbabazi umugore we ingaruka zigomba kumugeraho .
Mukomere mama.Ariko Gerard wazashatse umu psychologist akazasobanura Pervers narcissique ko abo bantu bateza ikibazo mumuryango ?ugasanga umuntu ubana nawe arwaye depression kandi abaye amenyeko ari uko ameze Hari uko yitwara bikaba byakunda .
Umugabo w'uyu mudame ntabwo ari narcissiste ahubwo ntabwo yari uwe bambi, nature has its way to solve the issue. If you know spirituality u can understand that every woman/man has a chosen one created for him/her( some call them soul mates).
Ibyo bya Perver Narcissique Hari umumama wabisobanuye neza kuri Rose show Tv
Uwimpuhwe Dorothée yarabyigishije
Urumubyeyi mwza kbs gusa icyiza nuko wabyaye abana bawe bazaguhoza amarira warize mbore maman
Komera mama 🙏 , ntagikomere kibi kubaho nko gushaka nabi , umuntu akwangiriza future yawe , akagutesha igihe , ariko iyo ugize imana kare ukabimenya ko wayobye , jya wibihora vuba . Ushobora no kurwara depression kubera umuntu .
Ndetse no Gupfa kubera indwara zizanywe n’agahinda biba bishoboka cyane
Mubyukuri uyumubyeyi numunyembaraga cyane nibaza abantu muri kumuvuganabi icyo mutekereza muziko muteze amatwi nkumva arumunyembaraga cyane!!!!
Uyu mubyeyi ndamubonamo agahinda kenshi cyane! Kandi disi ntikazakira! Icyo cyiniga no kwitsa ngo abanze asubize yiyoroheje bigaragaza kp memoire afite zimutoneka!
Sha nanjye mbona agahinda karamurenze. Yarakunze ahubwo yahuye n'umutekamutwe wamuprofise afite abandi bagore. Gusa narekere yaramwangirije. Ubundi ni aha Rurema, yamuhoza tukumirwa nibyo musabira
Sha agahinda karamurenze pe!
Biravurwa@@florenceuwineza139
mama queen nubitaha ntuzabyongere gucira bugufi umugabo igihe cyose iyo bitamezeneza usaba ibiganiro mumutuzo byakwanga ukihagararaho nawe yabisha ukabivamo aba ataruwawe.
Aya ni amayobera akomeye y, U kwemera. Gusa warahungabanye ndetse bikomeye.
Komera mubyeyi mwiza, urimwiza imbere n'inyuma ,ubugwaneza bwawe buzaguherekeze kugera kwiherezo ryawe wowe n'abawe ,kandi burya imana icyo yaguhitiyemo nicyo kiba arikiza kuri wowe, imana izi impamvu yabikoze ityo ,icyo gusabira niherezo ryiza kandi imana akongere iminsi yo kubaho umunezero n'amahoro waharaniye uzabibonere mubagukomokaho imana iguhe umugisha kandi igukomeze
Urumuvyeyi udasanzwe maman Quen warahezagiwe Imana izogushikane mu bwami bwijuru muvyeyi mwiza
Urintwari pe umuvyeyi wintashikirw
0
Humura Mama Queen warabyaye !!! Uri umubyeyi warabyaye waronkeje kandi urahetse !!! Gira amahoro
Uwiteka ashobora byose, mubwire ikifuzo cy'urugo, umutware wawe arahari !
Musabe Yesu, il n'est pas trop tard !
Abantu b’abakristo mujye mwitondera abantu bitwa abahanuzi surtout mu by’amago! Kuko hari abahanuzi b’ubwoko bubiri: 1. Ab’ibinyoma, 2. N’ab’ukuri.
Sha wa mubyeyi we rekera, wabaye imfura, ari wikomeza kumwereka ko washize. Kdi abavuga bareke ntimuhwanyije ubupfura.
Mama Akaliza, inkuru yanyu yarambabaje, ariko mbifurije amahoro no gukira ibikomere byabateye. Mukomere, you are both amazing people
Sinzi impamvu abantu beza bakunda kuruha pe 😔😔😔😔😭😭😭
N'ikibazo
Nanjye mbyibazaho Muvandi.
Gusa Imana izi Impamvu.
Nta mpamvu yondi ihari keretse iyi gusa(satanic abagabaho ibitero bitavaho by'umusubirizo kuko baramutse bagize umudendezo bakora ibyoza byinshi bagasenyera sekibi. niyo mpamvu ABA abahozaho intambara.)
uzarebe abantu bafite u wenge,u uhanga n'ibitekerezo by'imishinga migari itahomba bagabwaho ibitero by'ubukene.
Warabibonye nawe narumiwe gusa
@@ibyimanimpayeedisson9365 usubije nk'umunyabwenge rwose!ibi abantu besnhi ntabwo babisobanukirwa;satani agaba ibitero kubanzi be nyine;iyo ukurikiye Imana uba ushoje intambara kuri sekibi;kd ntampuhwe na nkeya agira we akubita ahababaza
Imana igukomeze mama Quen kandi irangurure ijwi ryawe kuko ni iryayo! Urugamba rw'isenyuka ry'imiryango ni rurugomba kurwanywa nta kujejenjeka kuko rujegeza imiryango na sosiyete muri rusange. Ibiganiro nk'ibi nibyubahwe! kandi namwe abari kuri uru rugamba Imana ibahe umugisha
Tu es une femme forte kbsa! uti wagiye gusura urugo rwabo! Jyew sinajyayo pee ! ubwo nyine byaba birangiye!
Nange nukop sinajyayo
Ubwo naba njyahe koko 🤷🤷🤷 uwo mutima ntawo nagira
Nanjye ntaho naja kuko hari igihe Wasanga umwe muri twebwe yishe undi kuko burya Umugabo yasabye divorce vuba baramaze gupanga ko bazahita babana
Ntacyo bamutwara mu gihe bazi ko atajya agira nabi . Gusa baba bamukinisha , banamuseka .
Kumwica ahagaze nibyo biryohera abagome .
Mubyeyi wisaba umugabo wawe imbabazi uvuga ko atari wawe ! Vraiment nunva Imana ariyo ya Muguhaye kandi nzabasengera musubirane! Izera Imana umugabo wawe azagaruka Yjewe nza musengera kandi azagaruka peeee! Warakoze chane kurema urukundo mu mudyango Imana iguhe umugisha chane.
Pole sana Mama!!!
Ibyo wahuye nabyo bibaho kandi byose bituruka kuri Sekibi nta handi biva .
Uko biri kose Imana ikomeze kugufasha kwihangana no gukomeza kubyakira neza.
Ariko ibikomere byabagore mubyukuri tuzabyomorwa nande imana injye iturengera numvaga arinjyewe wasenye kandi ntakontagize ariko najegusanga turibenshi nukuri
Mpore bambe uwiteka niwe wenyine yomora ibikomere
Inyuuma urakomeye arko mumutima warashize
No mu mutima arakomeye Imana irahari
Ahhahhhh abahanuzi nï abanyamitwe ibyo bintu bakunda kubivuga bagirango basenye ngo umuntu murikumwe siwe wawe rwose ntïmukabyemere birasenyapee
Ngize umugisha cyane uyu munsi gukurikira ibibiganiro Gerald yagiranye nuyu mubyeyi w'ipfura wumukiritu nyawe ubuyamya bwe nanjye burafashije kandi ndabona hari nabandi babihamya nasaba Gerald ko niba ubuhamwe bwe utarabunyunza kuri Radio na TV wamusaba akabutanga kuko sibose bafite Phones za U tube, ndabona ntakintu namubwira co yakora kereka kuguma muMana kandi akamona ko ubuzima bukomeza ikindi namubwira nuko we atanyuze mibazo biteye ubwoba hari abandi batana nabi cyane Imana ikomeze kumurina we nabana numugabo.
Arakoze cyane kandi nawe Gerald urakoze cyane Imana ibahe umugisha.
Wouw
A beautiful and wonderful woman.
Uyu mugabo mwatandukanye icyo yahombye ntacyo Azi ntitaye ku mugore bari kumwe ubu!!!
Umugore mwiza nkuyu , wumugwaneza, Uzi ubwenge , wihangana,...
Kumubura mu rugo ukihutira gushaka undi ni igihombo kbsa.
Uyu mu maman ni mwiza, yifitiye umutima mwiza niba karma ibaho koko umugabo we rwose Imana izabimubaza guhemukira umugore witonda gutya.
Mama, divorce yayishakiye ko witonda cyane buriya wabaga wamuzanyeho amasengesho menshi, akabura nuko akwisanzuraho. Imana izakweze ni migisha Mama, ntako utagize!
Uyu mugore ni imfura kandi ni umutesi. Ahubwo umugabo we yari afite impamvu ze bwite atashatse kuvuga.
Wasanga arumushingwe
@@nsanzetito1453 ngo umuki ?
Abraham yarongoye Hagai baranabyarana kandi atari umugore we, kuko atari umugore we, byatumye babyarana umwana utari uwisezerano.
Rero, birashoboka ko umuntu yashaka umugore/unugabo utari uwe. Pole sana mubyeyi. Imana ikomeze umutima wawe.
Ntusanzwe mubyeyi. Nibake cyane bagira umutima nkuyu wokubabarira umuntu ataragusaba imbabazi. Imana izakwomore ibikomere.
Tu es formidable.
Merci pour ton témoignage.
Imana iguhe umugisha.
Ukomere kuri Christ akomeze akomore mubyeyi. Urugo rwagucitse ukirushaka. Story yawe irambabaje cyane. Turi mu isi ibabaje.
Habaho umuntu w'umuntu rata💯, you're incredibly strong woman & Mother... and you deserve to be happy
A person’s person😂
Mama komera Imana izakomora izaguha ubugingo buhoraho niyo ngororano kwifurije Yesu ajye akuba bugufi murubu buzima uri Mama mwiza
Murahoneza pole kukibazo ca divorce ubundi ndashima kuru mukristo ukomeze wihangane uzumusabire kuko umugabo arimucaha gikomeye soma Luka 16:18 kurubwo uzumusabire Imana yabaho aho mwezanya komuzashakana utaziko yigeze undimugore ataruko imbere y'Imana murumugabo numugore
Ooooh sorry Maman 🤔🤔🤔 sha ukuntu uri mwiza mubyeyi weeeee ariko agahinda kuki kadahindwa ku byiza koko
Sha utumye numva ko nta gihe cyo kurangiza gusengera urugo
Ikibabaje waranamukundaga
Mbega Wweeeee Imana izakomore ako gahinda mwizaaaaa
Ohhhhh sorry mama queen lmana lrahari kubwawe
Ariko manaweeeeee lmana lzakunezeze mubyeyi mwiiza
Ubuhamya bw'uyu mubyeyi bukora kumutima cyane,
Ariko njye haraho nagize ikibazo. Niba mwabyumvise neza, umugabo we, ntacyamushinja na kimwe uretse kuvuga ko yarumuntu ufite amacode, ntiyakunda abagore, ntiyarumusinzi, ntibamfaga gisesagura umutungo , yariyubahaga,
Umugabo ufite izi ndangagaciro atey'ubwoba kndi nareba uyu mubyeyi nawe arasobanutse, sumusinzi, n'umukritokazi, nibitekerezo bye urumva kwasobanutse lero ibyaba bantu Imana niyo ibizi
Gusa ntitugace urubanza rw'umwe kuko buriya umugabo nawe akubwiye ibye har''ubwo wasanga ukuri ariho kumenyekanye
Baca umugani ngo Ntawamenya. Ndabona gahunda ya ntagikwe twakayishyigikiye ibintu bya mago kurubu bisigaye bintera ubwoba.
Iyo ukunda gusenga cyane ukundwa na bake,Satani yaraje arahahagarara nyine,Yesu wenyine wakurikiye umugumeho niwe uzaguhoza.
Ariko disi uracyari mwiza mama Queen courage kunama utugira nubuhamya bwawe
Sha,ndakwibuka mama Queen, warihanganye pe!!!!
Ihorere mukobwa mwiza
Uwiteka akomore inguma
Uwiteka aguhire kandi cyane
Yesu Christo twizeye niwe wenyine Uzi gukunda ntiwayobye pe humura araje agukundwakaze
Mwiriwe Mami ubu nibwo mbonye ikiganiro humura. Uzabaho neza cyane kubera Imana.
Wa mudamu we komera! Jyewe ndakumva pe .Umuntu akujyana muri divorce ukumirwa ariko birangira ubyemeye. Reba imbere kandi ntuhungabane.
Ihorere maman,ubwo uwo mugabo yari yifitiye ihabara ku ruhande kuko umugabo nkuwo arutwa nutariho 👌🏻
Ese kuki atapfukamaga niba aribyo byutumaga umugabo umubona nkumugore ?? Umugore nawe ashobora kuba yarihagaragaho pe kandi umugore udaca bugufiya yumugabo nibibazo pe nge ndumva gusaba imbabazi nibyo byabasenyeye pe guca bugufi niyo waba ntamakosa ufite
Gusa ihangane niyo si tugezemo si wowe gusa
Umugabo bigaragara ko yakundaga ko uca bugufi gusa nubuhanuzi nabwo bwakwishe mumutwe mbere kuko ibyabaga byose wakubitagaho agatima iyo utaza guhura nabwo ngirango hari ikintu titari kuba murakoze
Ahubwo se Imana itanga abagore, ko uwo ukunze akagukunda aba ariwe wawe. Uyu mugore sinjye numva neza icyo yapfuye n'umugabo, wasanga barapfuye ibitavugwa.
Urumuvyeyi udasanzwe maman Quen warahezagiwe ufise ingabire iruta izindi urukundo uri akarorero.kuba divorce boose
Uwo mugabo yarafite irari ryumubiri ahubwo ntubimenye. Rwose ntushakire ahandi.
Ntagihombo kirimo wasanga Imana yaragennye kumuha urubyaro rukomoka murushako ruteye gutyo .
Yiyakire yikunde anyurwe nuko ari. Sinamugira inama yo kongera gushaka umugabo niyirerere abana nabuzukuru baraje.
Umugabo aramwemerewe kuko ataragira imyaka 60
Beautiful lady ❤️ ntagihombo warabyaye. Count it all joy.
Iyi nkuru subwambere nyunvise kuli RUclips! Komeza wigishe abantu maman queen 🙏
Yewe Yewe ngo umukobwa w’uburanga ntibimubuza kuruha koko! Mama Queen ihangane ubuhamya bwawe ubuhuje n’abantu benshi. Umva Gerard nawe abakobwa benshi cyane iyo ari amasugi iyo bitonda bahura n’ingorane zikomeye. Humura mama Queen 🤗
Abagabo b’indembe bashakisha abakobwa b’abanyembaraga . Akazimumaramo akajugunya .
Bonne analyse 🧐
Muzatumire numugabo twumve ibye bitazaba nkabya maman Charlene twumvaga ibye ariko twakumva numugabo tukumva arimukuri so muzatumire numugabo twumve uko byamugendekeye niyompamvu no murukiko habaho kumva uru anza kumpande zombi hakabaho utsinda nutsindwa!
ubundi abantu twumva umuntu umwe , ariko iyo wumvishe urundi ruhandi nibwo ufata umwanzuro
Umugabo muzima ntiyajya muri Aya manjwe.ahubwo uyu mumama icyigaragara yarumutesi,ashyira imbaraga mwidini mucyimbo cyo kubaha umugabo we.
@@pelagiemukapelagie1087 ntawamenya was mubyeyi we!
Imana umucamanza utabera azakurengere
#EnjoyAfricatv Komeza wihangane. Imana Jyewe ndumva udasazwe pe. ABANA BANYU BANTEYE IMPUHWE.
Sha uyu mudamu ni mwiza kdi urabona ko atabesha pee. Imana izagufasha pee
Nukuri nimwiza ark Sha sinkuzi gusa icyonakubwira ubwiza bw'umugore sisura niba ukuze simbizi ark uzagenda ubisobanukorwa
Nateze amatwiiii gusa icyonzi umugore sisura cg ikimero urugo sisura cg imicomyiza gusa haribindi byubaka urugo byingenzi urugero:muburiri ugombakuba ubyitwaramo neza naho ibindi birakemuka!!
Ubu buhamya burambaje cane, umvaa narize kweli. Uwo mugabo nawe Imana imuharire ku gikomere yaguteye . Buriya Imana ikunda abari mukuri , ww wicecekere gusa Mugore mwiza , niwaba uri mukuri uzobona igisuzo ciza kivuye kumana..
Nizereko washatse undi mugabo
Ukeneye uguha urukundo nawe 🙏🏾
Iyaba yari abonye umugabo, kandi birashoboka . Uyu mugore ni Muzima cyane.
@@lrutagengwa2875very good idea
Hhh oya pe
Mbabazi uyumumama wamuhase ibibazo kweli niwowe muntu ubashije kumukuramo amakuru macye👌
Imana rugira izandinde indindagizi zomwidini bene nkizi kuko nta kizere cyubuzima,nta morale,nta encouragement zaguha kuko burimunsi bo bumva batari kwisi bo bibera mwijuru!
Urashoboye
Ntampamvu yo kubabazwa nuko wakwitwa.
Aba divorces babaye benshi ntabwo bikiri ibintu biteye isoni.
Oya ntivyigera biba ibisanzwe kuwo bibayeko gusa agahwa Kari kuwundi karahandurika, ariko vyanabaye ntakundi kuko ibitubako tubicira inzira kugira bishike ntabubasha buriya tubifiseko
Yegomana jerandumiwepe uwomumama ntasanzepe lmana izamuhe umugisa ikirutabyose izamuhe ijurupe
Huuum,so sad 😥 story, komera muvyeyi ntago vyoroshe,kuruhira ubusa 20ans.Ni hatari.
Imana Imukize ibikomere abagabo benshi nabagome
Nihatari pe
Uwomudamu numu Christo ikirenzibyo numunyabwenge,windashikirwa muruhande rwabagore, thanks kunamanziza❤
Iki kiganiro ni ubwa gatatu ngikurikiye. Ba nyamakuru ndabinginze muzegere umugabo w'uwo mudamu mumutege amatwi nawe bizadushimisha kuko iyo wumva uruhande rumwe hari igihe wibeshya. Gusa pole sana madamu.
Ndagushyigikiye
Umubare munini ugana izi mbuga usanga ari igitsina gore. Kwishyira ku karubanda kugeza aho bavuga ibyabereye mu gitanda, biteye ubwoba. Turabizi ko ba nyir'imbuga baba bishakira views. Abashavuye nibegere aba psychologues muri cabinets therapeutiques ziha ibanga umuryango. Umuco waratakaye pe.
Umugabo ariko ari m urugo rwe nta icyo yaba aza kuvuga, ibyo uyu umubyeyi avuga no ku amaso bigaragaza ukuri
Ndabazi iyi couple cyane.
Bene aba bagabo ntibagira ukuri.
Ariko baba barembye pscychologiquement , bagahitamo umugore forte bakamugira ikibando , cyashiramo imbaraga bakajugunya
Cyakoze kuba ukomeza kumuvuga neza k ari umugabo mwiza ntuvuge ibibi bye bugaragaza ko ur umubyeyi mwiza!
agahinda gashira akandi kageze ibagara nkeka ko nubundi nundi umuntu arongora aza afite ibye!!! ahubwo nziko azafuza kukugarura nyuma!! utwo twose mu ngo tubamo!
Niba umudamu/umubyeyi nkuyu unasenga atsindwa who am I?
🤔🤔🤔cyokoze imana itabare ingo zirananiwe. Gusa ukuri namaze kumenya nuko umuntu agira umuntu we. Yo budafitinze rero kiba arikobazo.
Birababaje cyane. Mubyeyi ihangane ukomere. Imana ishobora byose ni yo ibasha kukomora ibyo bikomere.
Warakoze gutera abana gukunda daddy wabo bagakunda namurumuna wabo kyagwa mushikyi wabo
Erega umukobwa ntabwo avukira Umugabo, Kandi n'Umugabo ntavukira Umugore.
Bidakunze ni ukubivamwo rwose
Amadini yononye byinshi!!!!
What a beautiful soul!!!
Birababaje ariko bitanga amasomo! Mana weee! Mbega akaga! Ibi bintu kuki Imana ibyemera KO bibaho? Kuki umuntu aharurukwa uwo bigeze gukundanana koko? Nta byiza bya gatanya. Mama Queen ihangane ukomere! Waciye mu bikomeye ariko uracyariho komera Imana irakuzi. Ihangane Mama.
Mbabazi nibyo hari igihe ubana nu muntu atari uwawe bibaho cyane ni nambyo bisenya ingo bakabyita ibindi umuntu mu kabyarana mugashyingira Ariko atari uwawe
Ahaa!
Sha mana mama queen ,jyewe nkusabiye umugisha kumana kuko ubuhamya bwawe burakomeye uri intwari gusa iyi nyigisho yawe ninziza pee ,ariko jyewe nkeneye kukubona imbona nkubone pee nanjye nkeneye inama yawe
Ihangane dear nanjye byambayeho uwo mugabo yari umuteka mutwe … that’s life iyo twapinze ijwi ryImana 🤔umunyarwanda yaciye umugani ngo uwanze kumva yumva ari habi 😭
Pole sana
Mbega ubuhamya bwiza
Bubere benshi icyitegererezo kuko divorce atari inzira y'urwango ahubwo biba iyo abantu batahuje mu rushako bityo ntitugahemukire abana bacu kuko nyuma yo gutandukana mukomeza kuba ababyeyi babo.
Yegorata nacyasimbura umubyeyi. Nukuri
Ndagukunda cyane gusa mbabazwa nuko ibikomere byanze gushora ...gusa life goes on
Uzakosore iki kintu cyokumvako ubona umugabo wawe wanyawe vino yanyuma niyo yabaye nziza kurusha iyambere B.ih
Nubwambere numvise umuntu ufite umutima nkuyu ! Ese koko ibi bibaho ? Imana iguhe umugisha cyane Mama queen ntusanzwe waharaniye ibyiza
Ndakubwiza ukuri umutima ufite ntawundi uwufite pe. Yesu wenyine niwe wawuduha. gusa Imana iguhe umugisha mwinshi kuko uratwigishije.
Umva nshuti yanjye ntabwo abagabo bakunda abagore ba "yego mwidishyi" wowe waketse ko guca bugufi cyane biributume mwubaka kandi sibyo ihangane basi
Wakoze Maman Queen ku kiganiro waduhaye. Ariko mfite ikibazo nshaka kukubaza; ko uri umukristu ukaba warabashije kwemera n’ubuhanuzi bwaguhanuriwe kuva kera, ese wabashije kwiyakira?
Impamvu mbikubajije ni uko nabonye akenshi iyo uvuga iyi nkuru uba ubabaye. Waba wariyakiriye koko nk’umukristu? Cg birakugoye?
Murakoze
Nawe @Yvette rwose ! Ubwo se iyi ni inkuru wavuga wishimye ? Urumva yabuzwa n'iki kuyivuga ababaye ?
@@Sengap ni ibyo ibyo uvuga, ariko nifuzaga kumva uburyo tubihuza kuko jyewe ku giti cyanjye numva ko kwiyakira bibohora kandi bigatanga ibyishimo. Ntabwo ndi gushinyagura ariko nifuzaga kumva uko kuri we ubirimo abisubiza.
@@yvettecarinakasine6508 gutuza nikamere yiw ntamarangamutima menshi kuko yabay impfuvyi
Ntabwo yakwiyakira birababaje
Urugo rupfira muri fiançaille kabisa warabibonye.iyo ukundanye numuntu muzima urabibona niyo aringegera nabyo urabibona ariko Imbaraga zokumureka nizo utabona ukumva azahinduka nimubana
Uyu mu maman ndamukomeje ...yahuye n'ibintu bikomeye kandi bibabaje ariko kandi cas yabo ni mystérieux...j'aurais aimé kumva urundi ruhande, 20 ans d'une vie commune kandi umu maman arahamya ko son ex ari umuntu mwiza...najyaga gutekereza ko ari Satani ariko ngo arasenga...Uburyo babanyemo nyuma y'ibyo byose ???!!!!
Si Umuntu mwiza , arishushanya . Gusa uyu mubyeyi yanze kumuvamo
Right aho kugirango abantu bakore ibibi cyane mwahana amahoro kuko impano iruta izindi zose ni ubuzima/kubaho
Mama Queen? Sinkuzi face to face , gusa uri intwari pee ndakubaha cyane kwihangana wagize sukwacu nkabagore . Testimony yawe irandiza gusa sinzi niba ariko gufashwa kwange. Gusa ndagushimiye.
No comment gusa Uyu mu mama Imana ikomeze imugende imbere muri byose 🙏
Yesu ahabwe icyubahiro.n'imana yagufashe.ntiwari kubishobora.nanje bimbayeho ishuro ebyiri zose.inauma sana kipenzi changu.
Ubuse umuntu yakubona ate ngo umufashe ko wakwigisha abantu kubaka cg nanyuma yogusenya umuntu agashobora gukomera
Ario Gerard 🎉🎉🎉. Uri umuntu mwiza w’umuhanga. Nkunda tes questions caane. Kandi wakoze kutuzanira umunmamman mwiiiiza❤❤. Nsanze agakiza kagoye pe!! Ni irembo rifunganye!!!
Nawel.mamugore.weee.ushyiramo.kubeshya.ngo.wamugiyeho.utabishaka.ngo.ntuzi.icyo.mwapfuye.ubwose.ubaye.utabizi.byamennywa.nande?
Mubyeyi Imana iguhe umugisha ibyawe birandenze ntawundi ndabyumvana byose ni ukubera ubuntu bw"imana
Ubyo avuga nukuri
Ntac mfise numva novuga kur Maman Queen kimwe gusa abantu bazima baracariho🙏🏽Imana ibandany ikwongererez amavuta muvyeyi🤝
Wa mu mama we Imana iguhe umugisha inezeze umutima wawe, nkunze ko utanamuvuze nabi... Kandi birumvikana ko umutima wawe ubitse byinshi.. IMANA IHAZEKWIFUZA KWAWE iguhe Umunezero pe... Sindashaka ariko ça fait peur.
Gusa t'es tombé sur un enfoiré blessé Imana izamwitura
Birashoboka ko wamushatseho yararyamanye naba sister benshi akumva harimo itandukaniro ariko ntabone uko abikubwira
Ibyo ntibitanya abantu uretse ko bavuga ngo umugabo araguta hakazuw’imana yakugeneye
Wasanga nuwo mugabo wiwe nawe baramubwiraga nawe ukwe ko atari uwe nonese Imana ijya yibeshya ikaguha umuntu ibona atari uwawe? Ahubwo satani akorera mubantu akabarotesha ninzozi rwose ukagirango ni Imana ibikwereka koko erega satani nawe numunyembaraga ntimukamukinishe kd azi kwiyoberanya iyo Imana iza kuba ariyo koko iba yarazanye impamvu ikabwica ntimusezerane
Wasanga nuwo mugabo wiwe nawe baramubwiraga nawe ukwe ko atari uwe nonese Imana ijya yibeshya ikaguha umuntu ibona atari uwawe? Ahubwo satani akorera mubantu akabarotesha ninzozi rwose ukagirango ni Imana ibikwereka koko erega satani nawe numunyembaraga ntimukamukinishe kd azi kwiyoberanya iyo Imana iza kuba ariyo koko iba yarazanye impamvu ikabwica ntimusezerane
Abo biha guhanura nibo bazisenya,niba bakubwiye ko uwo mugiye kubana atari uwawe,akabaye kose uzajya ukubitaho agatima.ikindi nanone icyaha cyubusambanyi nikibi cyane,gikorerwa imbere mu mubiri.harindi myuka iba yarinjiye.benshi babikoze barasenya.twirinde ibyo bintu ingo zacu zizasagamba.pole mubyeyi
@@rwandamum8323 Ibyo uvuze ni ukuri :iyo umwe agiye mu busambanyi akurayo imyuka mibi ;n'aho mugenzi we atabimenya bikarangira musenye utazi impamvu nyamukuru,ahubwo ari ya myuka mibi yabinjiranye.Imana irengere ingo zacu.
Mama pole cyane uzihangane Waje kwisi wenyine uzahumurike ubwo uwo mugabo ariwe wa kwanze uza mwikuremo rwose uzamere kutarigeza kumumenya.Imana izaguha indi mugisha nti wamenya impamvu Imana ya byemeye Wenda yari no kuza kwica .
Mama ufite umutima ukomeye pee ark nkukuyeho isomo rikomeye gusa ibyo uvuga ndabyumva ariko Imana irahari Kandi ibiba byose ibibizi😭😭😭😭😭😭😭
Wow...
I've never seen a Christ-like woman like this one!!! Of course the divorce was the result of God's voice disobedience ( as He warned you twice He's not yours) when you're still relationship...but l am glad of your self- consciousness & repentance... that's exactly what God wants to us and He will bless you more than before!!!
It is not easy or true to judge an other in his absence ! if you want to know the truth plz bring her husband here.
divorce is not the will of God, is the devil that distroys the united family, and those who has divorce they have alot to tall about..
don't Divorce it's not God's will.
@@ibyimanimpayeedisson9365 man,you have to read well and understand, was the divorce caused by her or by her husband? Was it her consent?!The bible says that everyone was created for peace & freedom! If your life partner doesn't not Will to stay with you, better to leave and let her / him go!
@@ibyimanimpayeedisson9365 ISTEAD OF KILLING EACH OTHER ?
@@worshiper5721
what I consider is the will of God however and no matter,
this lady says that in the beginning things was alright, it is later the things come worse,
normally the thing that separate the family is not from God nor a human being. is from the devil.
if the thing is going wrong we should repent or desk the Lord Jesus to make them right or good to us.
Komera mama mwiza, ubuhamya bwawe bwarambabaje cyane 20 years nimyaka myinshi rwose urugo ruba rukomeye, umuntu ni mugari pe
Icyibazo fite kuri maman kwine ko mwabaga mudakundanye kucyi wabyaraga Kandi ndabazi cyane kuko twaturanye muri Sahara cyicucyiro
@@mutezintareaisha8373 yewe ibintu byingo ni hatari, uziko abantu babyarana kandi bafitanye ibibazo,usibye ko we yavuzeko guhera ku myaka 17 aribwo byatangiye kumera nabi cyane, ariko ubwo umugabo akunda abana be akanabafasha ahubwo n intwari, ko haruwanga umugore n, abana ntabiteho bakabigenderamo
Ihagane mubyeyi ndumva bibabaje kubana batanu nihatari gusa nyagasani yabanye nawe aguha imbaraga pe, gusa ujyira umutima wokubabarira cyane nyagasani azaguhe ijuru