UBUHANUZI BUTEYE UBWOBA😭INZIRA UMAZE GUPFA ACAMO😭ITANGAZO RYANYUMA UMUNTU UGIYE GUPFA ABANZA GUSOMA💔
HTML-код
- Опубликовано: 5 фев 2025
- #Pamphile_0785781442 #Beulah_Uwashyingiwe
Abagenzi barangije igihugu kiroga, bagera mu gihugu cyitwa Beulah, risobanura ngo Uwashyingiwe (Yesaya 62:4). Icyo gihugu kirimo ikirere cyiza cyane kinezeza ugihumeka. Inzira y'abajya mu ijuru ikinyuragamo; bamara iminsi baharuhukiye. Bumvaga inyoni ziRIRIMBA iteka, bakabona iminsi yose uburabyo burabya, bakumva inuma ziguguza. Muri icyo gihugu izuba riva ku manywa na nijoro; abakigezemo baba barenze igikombe cy’igicucu cy’urupfu. Kandi cya gihanda Bwihebe ntikibasha kuhagera; Kandi Abagenzi bahageze baba bitegeye ururembo bajyamo, ndetse bahahurira na bamwe bo muri urwo rurembo, kuko abarabagirana bamenyereye kugendagenda muri icyo gihugu, kuko gifatanye n’icyo mu ijuru.
USHAKA GUFATANYA NATWE MU BURYO UBWO ARI BYOSE TUVUGISHE KURI 0785781442
Email:beulahministry2012@gmail.com
Yesu nashimwe! ngize ikibazo kubijyanye no gutuka umwuka wera! mbese ko hadutse abahanuzi bibinyoma benshi, harigihe uhura numuntu ukamushidikanyaho, mbese gushidikanya kumuntu urimo umwuka wera wibaza niba koko arimo umwuka wera, nibyo bita gutuka umwuka wera, mutuvane murujijo dusobanukirwe neza
Nonono
Gutuka umwuka wera ni ukwanga ubutumwa bwiza ngo uhindurwe nabwo .
Ijambo ry'Imana rivugako "uwo mwuka w'ukuri naza azatsinda ab'i si abemeze iby'ibyaha,..."
Bityo iyo wanze kwemerera no kumvira umwuka uba uciriweho iteka.
@@mwalimuzawadi
ukurikije icyanditswe uko kibivuga ngo Yesu yari amaze gukiza abantu indwara zikomeye rero ntiyabwirizaga nge nàkumva ko yarebye akabona barapinga (baratukisha ibyo bazi neza cyane ko na Pahuro yabigarutseho ko abamaze kuwusogongeraho bakabivamo kwihana bidakunda) nahubundi umuntu ashobora kwanga kumwakira none ariko ejo akisubiraho naho ibindi ni nko gukumira imbangukiragutabara kdi Uzi neza ko itwaye umurwayi w'indembe ibura gato igahwera
Yavuzeko kwatuza akanwa kawe ukavugango runaka akoresha imyuka y abadayimoni, utabihishuriwe n Imana ariho uba umututse, nkuko Yesu bavuze ko ar umwami w abadayimoni berizeburi, gushidikanya ko ntago uba utunze umuntu urutoki NGO umusebye mubandi
Oya gutuka Umwuka wera ni ukwanga kwihana ugapfana icyaha kuko utuka IMANA azababarirwa kuko azihana gutuka Umwuka wera rero ni ukutihana ukarinda upfa
Wa Musore we weretswe n'abadayimoni peee!! Winginge Umwami wacu Yesu kristo aguhishurire gukizwa n'ubuntu kubwo Kwizera!! Kandi uzige gutsindishirizwa n'ubuntu bw'Imana kubwo Kwizera. !! Ubu buhanuzi buvuguruza umurimo Yesu yakoreye i Golgotha!! Uyu ni umwuka urwanya Yesu ,ni amayoberane ya Satani. Mwitonde cyane
Nta dini ritazavamo umugeni kuko mu ijuru ntamadini azabayo ahubwo buri wese wizera KO yesu kristo ari inzira yukuri nubugingo kandi agakora ibyo gukiranuka wese azabona ubugingo buhoraho,buri wese imirimo ye izapimwa
Yesu yavuzeko mugomba kubyarwa uwakabiri mumazi meshi
Amavuta amavuta mukozi w'Imana. Hashimwe Imana yaguhaye ijambo,ndakwibuka i Nyaruguru (A D P R Rugerero )ni Mama Mugisha warutuye mu Rwishywa (ubu ntuye i Huye),nakubonye ndashima cyaneeeee, wabaye umugabo disi!! wo guhamya Yesu .Imana niduhane umugisha.
Mwakoze mwembi turasobanukiwe Imana ibahe umugisha mwinshi cyaneee.Mukomeze mudutegurire n'ibindi dukeneye gusobanukirwa
Ngize ikibazo niba menye ko nkoze icyaha nkihana nkasaba Imana imbabazi nkareka kugikora ukundi sicyature kuko ntabonye uwo naturita simbabarirwa ?urgero: ntuhura nuwo waturita kuko abo ubana nabo badakijijwe kdi utajya no gusenga umwaka 1 cg 2 utajya mwiteraniro cg ngo uhure numukozi w'Imana kohari ibyaha wibagirwa cyane ko uba utakibikora ubwo mpfuye najya gihenomu mumfashe murakoze
Ubwo rero bivuze ngo abantu bose duhinduke abadeperi pamphi aha rwose udusobanurire naza pe cyangwa muzatubatize
Yesu Christo Ushimwe cane Uradukuuunda Urakoze kubitumenyesha kugirango twikosore ntituze tuje gihonomu.
Urakoze Imana iguhe umugisha Muhanuzi w’ Imana ubu buhanuzi burigihataho cyane muriyi minsi bwazabariyeri?? Ubaye uwagatatu Imana irimo kutuburira bihagije? Uwiteka amabrire kuko ndumunyabyaha naho ndageze nihana weee????😭😭😭😭😭😭😭
Imana Idutabare ndumva bitoroshye pe. Gusa jyewe sinjya mpiga imihigo kdi numva nizera ko Uwiteka anyumva cyane ntumvise ijwi ntarose nta buhanuzi.
Arko icyo gutuka Umwuka wera mfiteho ikibazo kuko ubu amadini yo nayavuyemo pe. Nkurikiye Imana igaburo ryera ndarifata vuba aha. Nzajya ndifata jyewe mu rugo i mahanga iby'amadini byo birababaje cyane. 😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭.
Imanayo nyine niyoyogutabara
Rom 5:18
[18]Nuko rero, ubwo igicumuro cy'umuntu umwe cyateye ko abantu bose bacirwa ho iteka, ni na ko icyo gukiranuka cyakozwe n'umuntu umwe cyahesheje abantu bose gutsindishirizwa, bagahabwa ubugingo.
Wabuze ibyo umara wogere ujye munmwuka neza naho ubundi urambabaje Imanabikubabarire kuko utazi icyo uvuga ukeneye gusenga no kwihana
Aho nanjye ngize icyo mvuga ese umuntu yahanura yarangiza agasambanya abo ahanuriye cg agahita ahanura avuye gusambana kd ubizi neza ko ari umusambanyi ubwo uvuzeko akoreshwa nabazimu waba ukoze icyaha kd yesu yavuzeko abahanuzi tuzabamenyera kumbuto zabo ndakurahiye ngewe umaze guhanura warangiza ukanzaho imitwe abe ubusambanyi cg inda nini yubujura ngufata nkinzererezi yasatani
Nanjye kwambaza bikiramariya simbyemera hariho ubutatubwera aribwo imana ,umwana,numwukawera baribwomwambaza.
Yesu niwe Mana nzima.gutuka umwuka wera ni ukwanga kwizera yesu Kandi barabwirijwe.
Muzadusobanurire cyane kuricyo cyogutuka mwukawera ese bitandukaniyehe nokutizera Ibyo umuhanuzi ahanuye shobora kubona ntambuto afite nkabipinga nubwo ntabimubwira cg nkaba nabiganiriza abandi shaka kumenya ukuri ibyo nkunda kubikora kuberako abantu beshi bavugako Imana Ibatumye akeshi bakaba bayobya beshi Imana idufashe dusobanucyirwe tumenye uko tujyenda
Byinshi DAmien avuga nibyo ariko harimo udukeregeshwa Ameze nkawamugabo winkiko mirongo irindwi na zingahe😢
Murakoze gusa biteye ubwoba ndumva nkwiye kwisuzuma inzira iracyari inzitane
Murakoze w'lmana UWITEKA abahe umugisha Kandi abakomeze.mudushyirireho na bariyeri zikurikiyeho.murakoze
Komera Pamphile,beulah tuyikundira ibibazo ubaza kuk utajanirana n'a cane cane ukabaza ibikenew bikaduha gutahura.
Imana ibahe umugisha.Uwiteka adushoboze tuzasoze amahoro!
Imana ishimwe cyane ariko uvuze ko uzapfa nabyaha afite yaranizeye yarasoje gukiranuka kose ariko atarakira umwuka wera ese kuki uwo mwuka atamuzaho Kandi nacyaha afite?? ikindi umwuka ntamuntu uwiha umuhabwa nayesu none nigute umuntu yamenya ko yamuhawe? nziko umwuka atwemeza ibyaha knd ubatijwe ntakore nibyaha aba awufite ariko atarakura mumwuka aricy abapfa nibenshi bataramuhabwa ubundi niki cyerekana ko wamuhawe cyangwa utamuhawe? ubwo sinumva uko kumuhabwa uko ariko mwatubwira kuko nziko niba ukora ibyo gukiranuka byose wirinda icyaha harumwuka Uba ubikubuza urimuriwowe ubwo bivuze kumuntu aba awufite ahubwo habaho gukura mumwuka mudusobanurire ibyaribyo tuwushak .
Ntago wareka kuzura mwuka wera udafite icyaha arizana mwuka wera avuga nkekako atari uguhanura cq kujya mu mwuka
Pamphile ndagukunda again 💓 uzana abakozi b'imana babanyamasengesho rwse
Yesu nashimwe ahohantu ho kubatizwa mumwuka wera simpasobanukiwe muzahansobanurire neza murakoze
Mwiriwe neza ese ko twebwe ko batemera kutubatiza mu mazi menshi iyo wabatijwe mu mazi make cyane cyane muri EPR
Yesu we ko yabatijwe mu mazi menshi mubona yarakinaga?
Jye numva igihe umuntu Ari mu idini ritabstiza mu mazi menshi yarivamo Aho kubura ubugingo
Imana ibahe imigisha mutuzanira abantu bumumaro kd Imana ihabwe icyubahiro ko itugezaho ubwiru bw'Ijuru
Imana imbabarire ibyahabyanjye byose 🙏
Uzajyende ubyihane kd ubyature ubisabire imbabazi unabireke
Murakoze cyane ndabakunda uwiteka abahe imigisha
Idini yesu ntaryo yasize ku isi.ahubeo kuko aribyo abantu. Amenyereye baziko kuba mumadini ari byo byingenzi.ni iki bazo.itorero yesu aje kurishyira kuruhande nkuko byagenze mu itorero rya mbere
Yesu nashimwe nonese uwabatijwe ku gahanga ategetswe guhindura idini kugira ngo abatizwe mumazi menshi cyangwa ibi byose yabikora akarekera ago ntakibazo
Erega urabyemeye koko
Amadini yose ni amwe ,yose yerekeza abantu kurimbuka,kuko yose afite ubuyobe bwayo!! Gusa ibya Gaturika byo biteye ubwoba pe!!
Wowe fata umwanya uhagije wo gusoma Ijambo ry'Imana no gusenga ukiranuka,uyiboza Imana inzira,Imana izakuyobora inzira y'ukuri
Nonese ko uvugango buri muntu mu Itorero abe uwejejwe muriryo waba uri muri catholic ukezwa Ute bigisha kwiyambaza bikira Mariya nabatagatifu wakwezwa Ute tujye tuvuga ibintu mumazina yabyo ntabwo wakizwa uri muri catholic cyangwa Islam ntibishoboka. Njye nahozemo menye ukuri kwijambo ry'Imana mbonako ndahantu ntagomba kuba mvamo. Tubwize abantu ukuri kwijambo ry'Imana kuzuye. Murakoze.
Itorero ni abakijijwe neza(kureka ibyaha byose kubwo kwizera Yesu, ukizera n'inyigisho zima) kdi bakora imirimo myiza muri Kristo kubwo ku mwizera.
Umunyetorero ,ahora yiyeza, arwana inyambara nziza.
Ugendeye kuri ubu busobanuro, buri uhita wumva ko hari abanyamadini batari mu itorero.
(Kuko bigisha ubuyobe kdi bagoretse ukuru, kuko bizera inyigisho bibiliya itigisha, imihango bibiliya iziririza:aba n'iyo baretse ibyaha bigaragara mu buzima busanzwe, ntibajya mu ijuru kuko bagoretse ukuri kw'ijambo ry'Imana)
Ese icyaha ucyiretse ugasaba imana imbabazi mumutima ntabwo imana ikubabarira
ijambo riravuga ngo mwaturirane ibyaha byanyu mubone kubabarirwa
Imana idutabare,bene data,ariko mumfashe kwatura,kwihana ,gusaba IMANA,imbabazi,munsobanurire birancanga
Kwihana nuguhindukira, kwatura nukuvuga icyo cyaha wakoze, nyuma ukavugango IMANA ikubabarire, hanyuma icyo cyaha ukakireka.
Imana ibahe umugisha kubwubutumwa mutugezaho ndabakunda cyane
😮😮😮😮😮none ko twigishijweko idini arumutima?😢😢😢jew abavugishw biki gihe munter amatsiko knd ijamb riratubwirngo haragowe uwuvg ngo mwuka yavuze atavuze😭😭😭😭 Fanny Fafa official 🇧🇮🇧🇮🇧🇮🇸🇦🇸🇦🇸🇦🇸🇦🇸🇦
Reka nanjye mbunganire kubyerekeye umuhigo. Kuko aho guhiga birutwa no kubyihorera ntuhige, nkurikije uko Ijambo ry'Imana rivuga mu Mubwiriza: 5: 4-5
Haravuga ngo: 4.Nuhigira Imana umuhigo, ntugatinde kuwuhigura, kuko Itanezerwa abapfapfa; ujye uhigura icyo wahize.
5. Guhiga umuhigo ntuwuhigure, birutwa no kutawuhiga.
Imana imbabarire 😢
Iyo si Imana yagutumye ,Bikiramariya ni umwamikazi w'ijuru n'isi ubyemere cg ubireke.
Ese Bikiramariya Nyina wa Jambo i kibeho uzicyo bivuga.Imana igusobanurire
Wakoze kumuzana wew ndagukundira ukuntu ubaza ibibazo natwe tuba tubakurikirana tugatahura❤
Akabazo k'amatsiko :
Ko Yohana Umubatiza yavuze ko we abatiza mu mazi ko ariko uzaza nyuma ye ( Kristo ) azabatiza mu Mwuka Wera ?
Kristo ko yaje ubwo umubatizo wo mu mazi uracyari ngombwa ?
Cyane ko hari n'abantu babatizwa mu Mwuka mbere yo kubatizwa mu mazi menshi !
Ntegereje icyo muzansubiza
Murakoze !
Yego uwo mubatizo uringombwa kuko yesu we yaravuzengo(( soma yohana 3:5))
Iyo sekibi izimiza abantu mumabonekerwa yubuyobe ndawurimbuye mw'Izina rya Yezu Kristu yapfuye akazuka Umuvyeyi Bikira Mariya nayikandagire ayimene umutwe ndabitegetse kuja munyenga yirimbukiro mw'Izina rya Yezu.
Nirimbuke ijye mu nyenga y'umuriro ni igicibwa ni ikivume
Biteye n'isoni kuba watinyutse kuvuga ngo abakatolika bazarimbuka.
wumva nabi aliko. ntabwo yavuze ko abagatolika bazarimbuka yavuze abunamira ibishushanyo nabasoma amashapure
Nonese nibatihana ntibazarimbuka abantu basenga ibishushanyo bose?
Gutuka umwuka wera ni ukwanga kwakira umwami yesu
Abahanuzi biki gihe baracanga!Sha ntawamenya!
Ibyo kuba watuka umuntu urimo Mwuka Wera cg ukamupinga ntaho bihuriye no gutuka Mwuka Wera rwose.
Ubwo se uwihakanye Kristo cg akamutuka we yaba akoze iki ?
Pamphile ngize ikibazo kubatizwa mumwuka wera bisobanuye kuvuga indimi ese niryari umuntu yamenyako yabatijwe mumwuka wera?
Gusa lmana iguhe umugisha bambe
Nagize ikibazo none Yesu siyavuzeko nta torero ritazavamo umugeni none umuntu uzakora byose ntabatizwe mumazi kubera I torero arimo bizagenda bite😕
Yesu kristo uramubeshyeye ntabyo yavuze kuko ntanahamwe byanditse
imana iduhane umugisha bakozibimana ko munteye ubwoba nange ndi umwigisha murusengero ariko ariko hariya muri yakobo 3:1 hatubwiyeko hadakwiriye kuba benshi muritwe bashaka kuba abigisha kuko abigisha bazacirwa urubanza kuruta abandi,ubwose ntibyatuma abantu benshi bagira ubwoba bwo guhamya kristo cg kuba abigisha batinyako azabazwa byinshi,mumpurize ibyo nokuba yesu yarashishikarizaga abantu kumuhamya muruhame avugako abazamuhamya imbere yabantu nawe azabahamya imbere yase
Nibyiza kwijyisha arko ukijyisha uziko uzabazwa byinshi kd ningombwa kuba umwijyishwa wa yesu kristo ark mubyo wijyisha ukirinda cyane.
Wakiriye Yesu uba urose agakiza kandi uba urose Mpwemu Yera hasigaye kumwuzura gusa
Arikose koko ninde watu ganja ibi byose uko bikurimirana, imbabazi n'amaraso ya Yesu yaba yaratubabariye ibiki niba nutwo duto iyo wihanye utatubabarirwa😢
Murakoze !!
2) Ibyo bibazo Malayika abaza, aba abiyobewe? Aba se ari ukugira ngo nyir'ubwite abisabire imbabazi?
2) Kwizera Yesu Kristo ni iki?(Yohani 3 :16)
3) Uzahorwa Kristo ibindi atabyujuje, yabona ubugingo?(Ijuru)
4) Igihe Yesu yihinduraga ukundi, Eliya na Mose bari bavuye muri paradizo?
5) Munsobanurire Matayo 25: 32-46
6) Ni henshi Bibliya itugaragariza uko Yesu yakizaga ibyaha atabisabwe naba nyirabyo, ni uko se yari atarapfa ngo azuke??
Muzihangane munsubize.
Ese uvuga, Ubutumwa bw'Idini ryawe cyangwa ni ubwa Kiristo?
Rekereaho kuyobya abantu imana igira imuhwe
Narimbizi ko kwa Pamphile iki kiganiro kitarangirira igice kimwe
Imana iguhe umugisha!
Kubabarira nigute ni ukugirana ubusabane numuntu wababariye cg ushobora kumubabarira bucece cg ukabimubwira ariko ntacyo muhuriraho cyane ?
Nkunze ko uyu musore azi gusubiza rwose pampi uziko hari igihe ubaza umuntu agatangira guhindura ubutumwa yahawe naho uyu abukomeyeho pe Imana ikomeze kumuha ubwenge
Amen
Imana yeretse Salomon iby'impinja ziririra ikuzimu ntabwo ari Yeretse Damien ko umuntu azacibwa urubanza kuva Ku myaka 8??
Ese ijambo ry'impfabusa ni uguhiga ntuhigure ni cyo bivuga ?
Iryo torero rivugwa uwo muririmbyi yavugaga mwene data ngukosore si amadini ahubwo ni Itorero ryaho umuntu aherereye, urugero niba mperereye i Huyebe uwejejwe i Huye ntabwo ari muri catholic cyangwa muri ADEPR. Ikindi Itorero rya Kristo ni abantu Yesu Kristo afite mugitabo cye cyubugingo ntabwo ari amadini kuko amadini yose ni inzira ngari ijyana abantu kurimbuka ndetse akaba maraya.
Merc❤
Ngo ubakatolike bose bazarimbuka? Kuki hari abantu bayirimo bakijijwe kdi Imana ntibabwire kuvamo? Sha hari ibintu byinshi wavuze bicanganye pe.
None se ubwirwa n' iki ko umuntu akijijwe kdi Imana ariyo imenya abayo ? nuziko hari ibishimwa mu isi mu ijuru bidashimwa cg niwibuka ko Imana ireba m' umutima itareba nkuko abantu bareba.
Muri catholic harimo abantu Imana ivugisha!nibaza yababurira kuyivamo! Imana idufashe abahanuzi babaye benshi!
Bakijijwe gute kandi basenga ibigirwamana?bashobora kuba bakora imirimo myiza arko kuko bapfukamira biriya bishushanyo imbere y'Imana nicyaha. Ikindi kandi ntibabatijwe mumazi menshi. Rwose muri catholic hariho abantu benshi bafite imirimo myiza arko ikibazo ni idini barimo irabayobya kubera amahame yaho.
@@nadratirankunda3052barahari batemera biriya bishushanyo,batanemera kunywa inzoga,barahari bakijijwe ntabwo abakijijwe ari abari muri pantekote honyine
@@UkwishakaAnithani iki kikubwira ko abatari abakatolic bakijijwe? Ni cyo cyanakubwira ko ukukatoloke akijijwe. None uvuga ko muri bo nta mutima Imana ireba uhari? Bibaye ibyo ubwo nawe waba ugiye kumbwira ko Imana ifasha idini😮
Hari icyo wishe hari ababatijwe mumwuka batabatijwe mu mazi menshi
Ndi umwe muribo kdi urupfu runyibye narimbuka kuko yesu ubwe yabyibwiriye nicodem ko utabyawe namazi atazabona ubugingo,ntacyo tuzireguza
Yego..aba batijwe mu mwuka wera nibo bana b,Imana..
Ubu butumwa ni bwiza, ariko harimo amarangamutima yawe. Nemera ko gusenga ibigirwamana, gusenga amashusho ari icyaha rwose, ariko kuri Bikiramariya washyizemo amarangamutima yawe.
IMANA utubera maso ese nkumuntu yaribagiwe umuhigo yahise ubwo byagenda gute?
Muraho ndashaka kubaza uwakoze icyaha cyo gutuka mwuka wera akabimenya ko yakoze icyaha amaze kumva icyi cyiganiro ahite areka agakiza kuko yamaze gukora icyaha kitababarirwa?
Murakoze Beula kubwuyumuntu. Gusa muzamumbarize gutya: haraho yavuze ko Umwana uri munsi yimyaka 8 numunsi umwe aba atarabarwaho ibyaha bitewe nuko ataramenya gutandukanya ikibi nikiza Nagize ikibazo Mbese umuntu aba umunyabyaha kuko yakoze icyaha? Ese witwa umunyabyaha mugihe wakoze icyaha uzi gutandukanya ikibi nikiza? Cyangwa Umuntu wese avuka ari umunyabyaha? Njyewe nasomye Bible nsanga Ijambo ry'Imana rivuga ko umuntu avuka ari umunyabyaha(Zab 51:7
[7]Dore naremanywe gukiranirwa,Mu byaha ni mo mama yambyariye.) Muzadusobanurire. Kuko dukurikije iyi Zaburi umuntu aba umunyabyaha kuva avutse ntabawe kuva kumyaka 8... Murakoze
Birakaze tu! Gukiranuka muri byose ko bitoroshye?Imana idushoboze pe😊
Imana idushonoze gukizwaneza
Ibyo uvuga byose ni ukuri nubwo Abantu bakwihesha amahoro nyuma ya byose bazamenya koko ko hari abigisha nyakuri.
Imana iguhe umugisha
Imana ishyimwe ndagirango mbaze uwo musore watanze ubwo butumwa kucyinjyanye no kwatura ibyaha ese umuntu yakaturira murusengero gusa cyangwa uramutse uri umukirisito ukarwa mucyaha runaka wasanga mweneso ukamwaturira imana yakubabarira? uzambarire unsubize itandukaniro riri kwadurira imbere yabakirisito no kwaturira umuntu umwe?
Icyo Imana ireba numutima waturanye uwariwe,!! Aho wakwaturira hose
Singirango se Elita yazamuwe adapfuye???? Roho ye se itegerereje hame nizabandi gute???
Ndumva agakiza twazaniwe na yesu kristo karashyizwe kuruhande ahasigaye nimwmere tuyoboke amategeko nimihango bivugwa muri bible uko biri kuko ndumva yesu muri iri yerekwa yarashyizee kuruhande
Exactly! kristo niwe nzira , akaba ukuri , ndetse akaba ubugingo (yohana 14:6)
sinzi aho abizera bazahurira nazino bariyeri !!!? kandi bayoborwa numwuka wera ( bera imbuto zawo) bena aba ntamategeko abahana
mube maso mudahererwa, Ubuntu bw'Imana gupfa ubusa, munyumve ntibikabeho ko twakomeza gukora ibyaha ngo ubuntu busage
murakoze
Muraho bavandi nashaka kubaza mbega umuntu yabatizwa gute na mwuka wera?? Kuko jewe narabigerageje kenshi ariko sindabona igisubizo mwamfasha ingera nabatizwa na mwuka wera? Murakoze
Ntuzacogore ntakundi nugukomeza gusenga usaba IMANA ngo ikubatize mu mwuka wera
Kd mujyihe CYO gushaka u mwuka wera ukirinda kubivanga nibindi byifuzo cg kubivanga nibyaha
Ibintu uvuze ko biteye ubwoba cyane. Uzajya mwijuru ninde? Abantu batabatijwe mumazi menshi bazarimbuka bose? Hari Verse Ibigaragaza??
Naduhe verse ibihamya
Nihatali
Yohana : 3;3
Uli umusazi!!! Ujye umenya ibyawe
Hhhh ntawe uzajyanwa mwijuru nidini! Yezu yabaga murihe dini? Reka kwibasira kiriziya , birababaje kubona umuntu ungana utyo uziko uzajyanwa mwijuru nuko wabatijwe mumazi menshi.
Wongere usenge ubaze Imana neza. Ubwinshi bw'amazi nziko ataribwo buzaduhesha ijuru gusa Imana Ikomeze iduhe ukuri nyakuri
Ese wamupfa pfa wee wumvise amazi yonyine ariyo ahajyije??
Mugomba gukora nibindi musabwa gukora kuko nababatijwe mumazi menshi nibadakora ibindi nabo bazarimbuka.
Nimba ivyaha vyandikwa uhereye ku myaka 8 numunsi umwe imbere yaho ntarubanza?abana ntibarimbuka nubwo baba bavutse kubapagani?
N'ukuri murakoze cyane ark mfite ikibazo mbaza kumihigo.
1.ese birashoboka ko umuntu yakiranukira Imana atarakiranukira umuntu barikumwe?
Urugero: Mfite ideni rya banki ,mpize umuhigo ko Imana ninyishyurira nzajya mfasha imfubyi buri kwezi uko mpembwe kd hari abantu mfitiye amadeni .ese natangira guhigura wamuhigo nyamara ntaramara kwishyura babantu ?
Reka wabanza ugakiranuka namugenzi wae banza wishyure ayo maden
Uzatangira guhigura usoje kwishura ideni rya Bank, niko byumva
Kuberikise ubawarahize uziko ufite ibyo byose ? Guhiga ntuhigure birutwa no kudahiga.
Ivy Imana nukubiha Imana
Wakunda(shyiramo ngo wAhigurira) Imana utarabona usize mugenzi wawe ubona?uretse ko no guhiga no kurahira Atari umuco mwiza ukwiriye umukristo kuko ubawiboshye
IMANA iguhe umugisha
None ngewe rero lbintu byaya madini biteye ubwoba nonese ko basigaye bakorana nimyuka mibi pampi udusobanurire neza pe nonese tuve aho dusengera mudusobanurire neza nonese kwezwa ni ukubatizwa mi mazi manshi
Nigute umuntu yaba yujuje ibyobyose akabura kubatizwa mumwuka wera kd tuziko igituma umuntu atawubatizwamo aribyaha?
Nibyo itorero ryacu ribatiza ku myaka umunani. Ashobora guhabwa n' inshingano z'ubutambyi
Pamfi uyu muntu wamuzaniye ik koko😢
Umuntu wahize imihigo ntayihigure akayibagirwa bigenda gute?
uzadusobanurire umuntu amenya gute ko yabatijwe mumwuka wera murakoze
Gusajye sikobyumva umugaturikawese azarimbuka nonese ntawubatizwa mumazimeshi urimbuka nagirango imirimo ukorakwisi niyo ukujyana mwijuru gusandagukunda Damiye
None se umuntu ukizwa agahita apfa atabonye uburyo bwo kubatizwa mu mazi menshi ubwo azarimbuka?
Iri yerekwa n'iry'abadayimoni pe!! Kuko harimo kuvuguruza Ijambo ry'Imana. Namwe mubigenzure neza mukoresheje ubutumwa bwiza
Bikiramariya ni umubyeyi wacu twese Yezu yamuduhere ku musaraba.
Nta muntu ushobora kureka ibyaha byose atabatije mu Mwuka Wera !
Imbaraga se yazikura he ?
Keretse nawe niba ufata kuzura Umwuka w'Imana nko gutitira, kuvuga mu ndimi cg guhanura ?
Sinon, utaraba icyaremwe gishya ntitareka ibyaha !
Uko nukuri ntiwaheba ivyo vyaha vyose yavuze ata Mwuka Wera ugira. Benshi bafise imyizere ko kwuzura Umwuka Wera ari ugutitira
Mana uzampe gukora neza, ham nzenger iwaw amahor
Ikindi nkubaza uvuga ko bariyeri umuntu ahura nazo nyuma yo gupfa ari 6 gusa Kandi ubusanzwe ari 22?Ibyawe si ibyo kwizerwa ,wigira umwigisha ariko ujye wibuka ko ibyo uvuga aribyo uzacirwaho urubanza.Hari amagambo meza uvuga ariko ukavangamo ibitantaragasi byinshi,njye nkubwije ukuri ko nta Mana nzima yaguhishurira ko kwiyambaza B.Mariya wifashisha ishapule ari bibi,ikindi iyo wizeye imbaraga zawe zonyine ,urugendo rukubana rurerure,ariko iyo winyuriye ku mugabekazi,cg umwamikazi ugera ku mwami bikoroheye,nujya kwiha kuvuga nabi B.Mariya Nyina wa Jambo ,cg kubuza abamwiyambaza kubireka,ujye uvuga uziga,njye narangije kukubona neza,ukwiye kwigaya kubyo usobanura nabi wiyita uwabihiruriwe,witonde pe!
Yesu niwe nzira yonyine itujyeza kumwami yonyine vusa ntayindi
Duhe umurongo wa bibiliya utubwira ko hari indi nzira itari Yesu umuntu akwiye kunyuramo cyangwa ahanditse ko Yesu bijya bimunanira kudutsindishiriza noneho tukaba dukenera abandi. Muvandimwe, ijambo ry'Imana ritubwira kudahinyura ubuhanuzi ahubwo ko dukwiye kubwumva hanyuma tukabugenzuza ijambo ry'Imana. Ikindi, si byiza ko waterana amagambo. Ufite uburenganzira bwo kubyemera cyangwa ntubyemere
Arikose ubundi kunamira ibishushanyo bibamarira iki😭
njewendemerape ariko gutuka umwuka wi mana mbona atarukuvuga nguriya akoresha imyukamibi gusa nubundi ijamboryi mana rivugako muminsi yimperuka hazaduka abahanuzi bibinyoma ndunva ahubwo turaenzura nkuko siko bose iyomyuka iva ku mana ahubwo njewe nemerako gutuka umwuka nukuba warakijiwe ukagwa ukaroga ukaramya ibishushanyo kandi urimurusengero
Kubijany no gutuka mpwemu yera ndahafiseh akabazo! Mwatubwiy ko ututs cank usuzunguy umunt atuyemo ub umututs !! None ko yesu nawe bamututs !! Ho bimez gute?
Mwaramuteneza bakozi bimana konumvakujyamwiru bitoroshye
Bertin .murakoze ku kuri icyo kiganiro twasigaranye ibibazo byinshi kandi dukeneye ibisubizo.1.kubatizwa mu mwuka wera bitangwa n'lmana none ni gute umuntu yabizira kandi atari ibyo yiha? 2.umuntu ashobora guhiga umuhigo abikoreshejwe n' ishyaka ryiza ku murimo w'lmana hanyuma akabura ubwishyu.none aciriweho iteka akiri muzima ko satani ari we wamaze gucirwaho iteka nta cyo yakora byarangiye nta yindi nama yagirwa uwo muntu ngo ubugingo bwe bukire kandi akaba yabyifuzaga ?niba ari amafarnga arayakura he ?arakora iki ko nawe atari yiyanze muri iyi mibereho isanzwe?
Ukuri kose ni christo ,kdi christo niwe Mana ninawe mwuka kdi Amagambo yahumetse niryo tegeko nshinga ubuchristo bushingiyeho,itegeko ryose ridashingiye ku itegeko nshinga ryaba rigambanira igihugu ka nekuvuga menshi Imana iduhe gukura twese nkababeulah,kuko Yesu nawe yari umwigisha (teacher not preacher)ubwo nanjye sinzaruha kwiga ka nicare nige ntegereze part2
Mu bujiji abantu ko babikoze ngira nga bakeihana balababarirwa