Issa Issa Issa!wow many times did i call u!Issa u are full of God's wisdom!umwuka w'Imana ukuriho pe!nta gushidikanya Imana iraguhagurukije mu gihe nkiki kugirango abantu duhumuke!God bless u Issa we love u so much!❤
Imana ishimwe bene Data muri Kristo Yesu. Ikibazo ntabwo ari inyigisho batanga kuko zo nta buyobe burimo na gato, ahubwo ikibazo ni abazumva kuko ntibaragera ku kigero cyo kuzumva kuko baracyari abana bagikeneye kugaburirwa amata, ntibarabasha kurya ibyokurya bikomeye. Ziriya nyigisho ni nzima ahubwo zirakomeye. Ni iz'abantu bamaze kugira aho bagera mu kumva no gusobanukirwa inyigisho z'agakiza. Ikindi kandi, amadini yaraturoze atugira abafana ba Yesu aho kutugira abigishwa be.
@@Ndutiyefidele-l5hhh oya nshuti y'Imana, kwihana si ukureka ibyaha ahubwo ni ukwizera Yesu kristo nibyo yadukoreye Bibaye ari ukubireka Hari n'abantu batajya babikora Kandi batizera Yesu Ndetse bamwe batemera ko n'Imana ibaho. 📢📢📢🔔🔔🔔
Ibyo twabayemo byose ni ibinyoma gusa gusa.Mu nsengero twarayobejwe cyane. None ko twabaye mu idini byatwunguye iki? Byose ni ibinyoma gusa. Kumenya Kristu ni ko kuri!
Je suis d'accord avec pastor Nsenga.rwose ikintu cyo kwatura ibyaha kizamo ubuyobe.kwaturira icyaha uwo utagikoreye nta kamaro uwagikorewe niwe ukwiye kucyaturirwa.ntimubizi se ko amadini yose yakomotse kuri kiliziya gatorika niyompamvu usanga hari utuntu tumwe natumwe agifite twayo.kujya kwaturira icyaha pastor ukamubwira ngo agusabire imbabazi nta penetensia irenziyo
Mwakoze bakundwa bene Data , Ariko ijambo musobanuye muri Yeremiya 31:31-----32 Aho rivugango kuko ndibaza umugabo wabo wabirongoreye Iyo urebye muri English riganga A Husband ntabwo ari uyobora or Redding no is a Husband. But murasobanura Ijambo ry Imana rikandyohera cyane pe
Icyo nkunda ye uwo mutumirwa nuko imyigishirize ye no kwemera kwe bidashingiye kwidini kuko abanyedini nabanyabinyoma byagera kuri cash ho bikaba ingorabahizi yobu 27:3:6
Ahubwo wowe ushaka kuyobya abantu, umwana wikirara iyo agarutse mubumwe bwabana b'Imana ntubyishimira, ese ntiwarukwiye kujya kubwiriza indaya na mayibobo n'abajura bataramenya impamvu yo kuba mumadini, icyo navuga kubantu baba mumadini nuko bakomeza kuba maso kuko nababayobora bashobora kubayobya, kuko intego yo kuba mumadini ya gikristo nuguhugurwa mukuba abigishwa ba Kristo ngo babe intumwa za YESU, umuntu uri mwidini rya gikristo yakwibaza intego n' impamvu yo kuba muri iryo dini, niba atari ukuba umwigishwa wa YESU iryo dini ntacyo rimumariye, inama namugira nuko yarisohokamo , akibera inzererezi nkuyu muntu uvuze ngo yigisha abantu kuva mumadini yise isenga ry'abambuzi 😢😢😢😢😢😢😢
Kwatura muri yakobo 4.15-16 si ukubwira ibyaha byawe mugenzi wawe kuko nawe aba afite ibyaha. Kwatura kuvugwa ni ukwemera ko uri umunyabyaha ukabyaturira Imana. Kwaturirana ibyaha ni ukuvuga ibyaha byo mu bwoko bwawe cyangwa byo muri bene wanyu nkuko Daniel umuhanuzi yabikoze asabira ubwoko bwe.
Plaisi, abantu benshi ntabwo bareba ikiganiro! Basoma title gusa, then ntibakurikire!! By the way, iyi team yanyu ni nziza, mujye mukunda guhura! Issa ni umuhanga kandi arimo umwuka w’Imana
Ev. Issa Noël 0788292441
Whatsapp +821084038495
Mwiriwe neza ikiganiro cyanyu ni kiza ariko mukoreshe ikinyarwand kuko har abantu tutumva izondimi
Nsenga ibyo avuga nukuri birumvikape ,kwatura udakoreshejwe na mwuka wera ntacyo bimaze,nibyakanya gato ukabisubiramo biba nkumuhango,arko mwuka wera iyo akwemeje ibya ukakira kristo muriwowe ntiwatinya kwihanira no mwiteraniro, imana ibahe umugisha
Nanje nunva avugabyo kabisa
Pastor Senga afita sagesse et intelligence.ivyo avuga nukuri.inyigisho ze zitahurwa nabari mumwuka
Mubantu Imana ya hamagaye kuyi korera byukuri pastor senga arimo njye Niwe cyitegererezo cyiza mfatiraho kumenya ubutumwa bwiza
Pastor Nsenga yo Kabyara ,Ni Umuvandimwe,Mwenedata muri Kristo Yesu ,Avuga ukuri .Kristo yaratubabarijwe kugira ngo tubabarirwe .Imana yafashe imbabazi zayo iziduhera muri kristo .kugira ngo Imana yubahirize ubutabera bwayo Aho yavuze ko Igihe cy'ibyaha Ari urupfu .(Rom6:23) Kandi amaraso atavuye ntihabaho kubabarirwa ibyaha.niyo Mpamvu Imana yera , kugira ngo yubahirize ubutabera bwayo yafashe ibyaha byanjye byose nagombaga guhanirwa igihano cy'urupfu rw'iteka nagombaga guhanwa maze Imana igihana Umwana wayo kugira ngo mbone guhabwa imbabazi z'Imana .Imana ishimwe iteka ryose !!!!!oohhh
Ndagusabye wowe utekereza ko kwihana Ari ukuvuga amagambo,, yooooo warayobye Muvandimwe akakanya upfuye utarihana by'ukuri warimbuka .nanjye Niko nahoze ubu mfite imyaka 31 ariko maze imyaka hafi 5 yonyine nkijijwe by'ukuri ,Nyamara ntaramenya uku kuri ngo nkizwe numvaga naravutse nkijijwe ngo navukiye mumuryango w'abakristo (Naribeshyaga ntaho bihuriye)
Twabaye munsengero cyane turigishwa arko benshi ntagakiza bafite ,ushobora kugira umuhamagaro uriwenyine ntawukubwirije ahubwo umucyo wa kristo ukujeho ikisobanukirwa nka sawuli,yesu ndamushima kwubwamwuka wera yadusigiye Imana ihe abantubayo amatwi yumva ijambo
Umva mujye mwumva inyigisho yose mwekwanduza abakozi b'Imana pastor Senga ntago ayobya abantu hano yashakaga kwigisha ko Yesu ariwe nzira yukuri izatujyana mwijuru kuko hari abizera ariko batizeye Yesu Kandi badakora ibyaha gusa kuko batizeye umwana w'Imana ntibabone ijuru nibyo yavugaga Kandi yasoje abisobanura
@@alicecadette4851aho ntiwaba ushingiye kumutwe w'ikiganiro gusa?Ukurikiye ikiganiro cyose ndetse n'icyakibanjirije urasanga atarwanya pastor Senga ahubwo arashyigikira ibyo yigishije.
@@alicecadette4851
Gute buriya?
Turabakurikira, ariko ndabona Atari byiza gusesengura ivugabubumwa umuntu yakoze muvuga amazina ye. Plaisir nukuvugako utazongera kutugarurira Dr Sam? Ivugabutumwe rye ntirivangiye avuga ubwami bw'Imana rwose.
None hari ubwo yigeze amuvuga nabi?
Yes kwatura ibyaha bishobora kuzamo ubuyobe bitewe nuburyo wabikozemo.nonese iyo unaniwe kwaturira icyaha uwo wagikoreye ngo mwikiranure ahubwo ukajya kubibwira pasteur wawe urumva uba utaniyehe nujya kwaka penetensia?umva amadini uburozi yaduhaye tuzaburuka bituruhije
Issa Issa Issa!wow many times did i call u!Issa u are full of God's wisdom!umwuka w'Imana ukuriho pe!nta gushidikanya Imana iraguhagurukije mu gihe nkiki kugirango abantu duhumuke!God bless u Issa we love u so much!❤
Ndanezerewe cyane Imana ihagurukije abafite ubwenge bw Imana ngo dusobanurirwe ibyo idini ritatubwiye mugihe kirekire twaribayemo ariko nabo benshi ntabyo bari Bazi ndibwira ko Ari Ubuntu Imana iduhaye ngo umugeni arusheho kwezwa no kwitegura
Mwuka wera niwe Mwigisha Mukuru Ndikwinginga Imana Inyereke uko nkwiye kwifata imbere yayo
Nibyo byiza ariko no gusoma no kwiga no kugira umuhati wo kurushaho gusobanukirwa Ijambo ry'Imana ni byiza
Yego Imana iradukunda ark ukiranuka niwe ukiranuka nkuko 1yohana 3:10 rero dukwiriye gushishikariza abantu kwatura kwa nyako atari ukwaturira abantu ,kwatura ikintu utarareka burundu ni ukugendera mu mategeko ya musa kdi ntibyigeze bitugeza kugukiranuka kwanyako, Kwatura bibanzirizwa nibintu bitatu kwisobanukirwa(ko uri umwana wImana), kubabazwa nicyaha(kwicuza), kukireka ukabona kwatura kdi ukabikora ubwira abantu ko wakiretse naho kwaturira undi muntu ntagakiza bizana.
Ndaryohewe ndikugenda gake kuva ejo sindayirangiza kuko hano harimo ubuzima.❤
Imana ishimwe bene Data muri Kristo Yesu. Ikibazo ntabwo ari inyigisho batanga kuko zo nta buyobe burimo na gato, ahubwo ikibazo ni abazumva kuko ntibaragera ku kigero cyo kuzumva kuko baracyari abana bagikeneye kugaburirwa amata, ntibarabasha kurya ibyokurya bikomeye.
Ziriya nyigisho ni nzima ahubwo zirakomeye. Ni iz'abantu bamaze kugira aho bagera mu kumva no gusobanukirwa inyigisho z'agakiza.
Ikindi kandi, amadini yaraturoze atugira abafana ba Yesu aho kutugira abigishwa be.
Uyumuntu numusata nistewuzuye kwatura ibyahano kubireka nikoguse nyerasatani
Kwihana nuko ubawaretse ibyowakoze ukizerako wamaramaje koutazongera
Kubikora
Wibeshya Harabatura Kdi Ntibihanire Kureka Kuko Harabahora Batura Icyaha Kimwe Nzineza Ko Harubwo Watura Icyaha Ariko Ntikikuveho
@@Ndutiyefidele-l5hhh oya nshuti y'Imana, kwihana si ukureka ibyaha ahubwo ni ukwizera Yesu kristo nibyo yadukoreye
Bibaye ari ukubireka Hari n'abantu batajya babikora Kandi batizera Yesu Ndetse bamwe batemera ko n'Imana ibaho.
📢📢📢🔔🔔🔔
@@Ndutiyefidele-l5hikindi niba kwihana ari ukuba waretse ibyaha uzabaze umushumba cg pastor wawe impamvu asenga asaba imbabazi Kandi yarabashije kubireka 📣📣📣
Imana iguhe umugishya Evangelist Issa ubwo nibwo butumwa Bwiza bw'Ijambo ry'Imana.
Ibyo twabayemo byose ni ibinyoma gusa gusa.Mu nsengero twarayobejwe cyane.
None ko twabaye mu idini byatwunguye iki?
Byose ni ibinyoma gusa.
Kumenya Kristu ni ko kuri!
Aho niho umutima wanjye wari wararuhiye😢 Imana yarakoze kugwiza Ubuntu bwinshi muri nge
Mwiriwe neza imana ibahe umugisha turabakunda nukumwihanga Nora kuko satani arikwi Banda kubantu bafite imbaraga kugirango ayobye beshi nukuba maso umuntuwese agashaka imana kugiticye
Jyewe icyo nemera nuko iyo twakiriye kristo aduha Umutima wubumana ntitubasha gukora icyaha ahubwo cyokoze twacumura ariko dusaba Imana Imbaraga sinesha
Umva isezerano Imana yasezeranye kiriya gice mwasomye cyo muri Yeremiya mwahise mugiha ubusobanuro kandi ubwacyo kisobanura nkuko nubundi Bibiliya yose yisobanura tujye
Yer 31:31 Uwiteka aravuga ati “Dore iminsi izaza, nzasezerana isezerano rishya n'inzu ya Isirayeli n'inzu ya Yuda,
Yer 31:32 ridakurikije isezerano nasezeranye na ba sekuruza, ku munsi nabafataga ukuboko nkabakura mu gihugu cya Egiputa. Rya sezerano ryanjye bararyishe nubwo nari umugabo wabo wabirongōreye. Ni ko Uwiteka avuga.
Yer 31:33 Ariko isezerano nzasezerana n'inzu ya Isirayeli hanyuma y'iyo minsi ngiri, ni ko Uwiteka avuga ngo ‘Nzashyira amategeko yanjye mu nda yabo kandi mu mitima yabo ni ho nzayandika, nzaba Imana yabo na bo bazaba ubwoko bwanjye.’
Yer 31:34 Kandi ntibazigishanya ngo umuntu wese yigishe mugenzi we, n'umuntu wese uwo bava inda imwe ati ‘Menya Uwiteka’, kuko bose bazamenya uhereye ku uworoheje hanyuma y'abandi ukageza ku ukomeye kurusha bose, ni ko Uwiteka avuga, kuko nzababarira gukiranirwa kwabo kandi icyaha cyabo sinzacyibuka ukundi.”
Ibyah 3:22 “Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero.”❤️📖📖🙏🙏🙏
Mbega! igihe nari maze ntazi ukuri! gusa murakoze imana ibahe umugisha kandi ikomeze kugenda itwiyereka kuko abatazi ukuri nibo benshi
Imana ihe umugisha aba bagabo #Issa, prof Sam,Ps Nsenga. Imana ibahagurukihe mugihe gikwiriye❤❤❤
Igice cya 3: Kwihana
Mbese umuntu yatsindishirizwa n’Imana ate? Umunyabyaha yahinduka
umukiranutsi ate?
Kristo ni we wenyine ubasha kutwuzuza n’Imana, ngo twere. Ariko se,
ni iki cyatugeza kuri Kristo? Abantu benshi bajya babaza ibyo abo ku
munsi wa Pentekote babajije, ubwo bemezwaga ibyaha byabo,
bakarangurura bati: “Tugire dute?” Ijambo rya mbere Petero yabashubije
ni iri ngo: “Nimwihane.” Bidatinze yongera kubabwira ati:
“Nimwihane, . . . muhindukire,” Ibyakozwe n’intumwa 2:38, 3:19
Hariho benshi bayoberwa kwihana nyakuri. Abantu benshi baterwa
agahinda n’uko bacumuye, ndetse bagahinduka bya nikize kuko batinya
ingaruka yabyo. Bene uko si ko kwihana Bibiliya yigisha. Barizwa
n’ishyano bagusha aho kurizwa n’ibyaha; nkuko Esau yagenje abonye
ko abuze burundu umugisha wo kuragwa ibya se. Na Balamu, wari
wishwe n’ubwoba cya gihe malaika yari amuhagaze imbere, afite inkota
mu ntoke, yemeye ibyaha bye kuko yatinye gupfa, ariko nta bwo yari
yarihannye ibyaha bye by’ukuri. Umutima we ntiwari wahindutse,
ntiyari yazinutswe ibibi. (Kubara 22:34)
Yuda Isikariyota, amaze kugambanira Umwami, yaratatse ati “Nakoze
icyaha, kuko nagambaniye amaraso adafite urubanza.” (Matayo 27:4).
Yemejwe n’umutima ucumuye, yumva urubanza ruteye ubwoba
rumuriho, atinya amateka y’Imana. Amaherezo y’ibyo yari yakoze
yatumye amarwa n’ubwoba, ariko mu mutima we nta shavu rikomeye
rishenjagura umutima ryari rimurimo Yari yagambaniye Umwana
w’Imana utagira inenge, akihakana Uwera w’Isiraeli.
Farawo na we ubwo yababazwaga n’amateka yari yaciriweho n’Imana,
yemeye ibicumuro bye, kugira ngo akire ibindi byago, ariko iyo icyago
cyashiraga, yongeraga kwigamba ku Wo mu ijuru. Abo bose barizwaga
n’ingaruka y’ibyaha, ntibigeze barizwa n’ibyaha ubwabyo.
Ariko, iyo umutima uyobotse icyo ubwirijwe n’Umwuka w’Imana,
urakanguka, utangira gusobanukirwa, ukamenya uko amategeko
y’Imana no kwera kwayo bisobanurwa, ukamenya ko amategeko ya Yo
ari yo rufatiro rw’ubutware bwayo bwo mu ijuru, no mu isi. “Umucyo
uvira umuntu wese uza mu isi!” (Yohana 1:9), ugatangaza ibihishwe
byo mu mutima, nuko bigaherako bigahishurirwa Uwo muntu akemezwa
mu mutima we no mu bwenge bwe, akumva ko Imana ikiranuka,
agafatwa n'ubwoba bwinshi kuzahagararana ibyaha bye n’amahumane
ye imbere y'Ugenzura imitima. Iyo amaze kubona urukundo rw’Imana
ruhebuje, n’amahirwe n’umunezero bizanwa no kwera, ni ho umuntu
yifuza cyane gutunganywa no gusubira kugira umushyikirano n’abo mu
ijuru.
Ishengesho rya Dawidi, amaze gucumura, ryerekana ishavu ry’ukuri
ry’ibyaha iryo ari ryo. Kwihana kwe kwabaye ukw’ukuri ntikwārimwo
uburyarya. Ntiyagerageje gupfobya ibyaha bye, kandi ishavu yari afite
ntiryatewe n'uko ashaka gukira amateka yari agiye gucirwaho. Ahubwo
Dawidi yumvise ko igicumuro cye cyari gikabije: yabonye uko
cyahumanije umutima we, yumva akizinutswe. Ntiyasabaga imbabazi
gusa, ahubwo yasabaga ko n’umutima we ubonezwa. Yifuzaga cyane
umunezero uzanwa no kwera, ngo abone gushyikirana n’Imana, babane.
Ni ko gusuhuza umutima, aravuga ati:
“Hāhirwa uwababarie ibicumuro bye, ibyaha bye bigatwikirwa Hāhirwa
umuntu Uwiteka atabaraho gukiranirwa.” Zaburi 32:1, 2.
“Mana, umbabarire kubw’imbabazi zawe. Kubw’imbabazi zawe nyinshi
usibanganye ibicumuro byanjye. Unyuhagire rwose gukiranirwa
kwanjye, Unyeze unkureho ibyaha byanjye. Kuko nzi ibicumuro
byanjye, Ibyaha byanjye biri imbere yanjye iteka. Ni wowe, ni wowe
ubwawe nacumuyeho, Unyejeshe ezobu, ndera, unyuhagire, ndaba
umweru ndushe shelegi. Undememo umutima wera; unsubizemo
umutima ukomeye. Ntunte kure yo mu maso yawe; ntunkureho Umwuka
wawe wera, Unsubizemo kunezezwa n’agakiza kawe; Unkomereshe
umutima wemera. Unkize urubanza rw’amaraso y’undi. Ayī Mana, ni wowe Mana y agakiza kanjye Ururimi rwanjye ruzaririmba cyane
gukiranuka kwawe.” Zaburi 51:1-14.
Kwihana nk’ukwo, ubwacu ntitwabasha kugusohoza kuko kubonerwa
muri Yesu gusa, wazamuwe mu ijuru, agaha abantu iyo mpano. Ibyo
ngibyo biyobya abantu batari bamwe, bigatuma babura icyo Kristo
yifuza kubafashisha. Bibwira yuko bitashoboka gusanga Kristo
batabanje kwihana, ngo kwihana kubaringaniriza kubabarirwa ibyaha.
Icyakora, kwihana kubanziriza kubabarirwa kw’ibyaha koko, kuko
umutima umenetse ushenjaguwe ni wo gusa wumva ko ukwiriye
Umukiza. Ariko se, umunyabyaha yarindira kwihana ngo abone gusanga
Yesu? Mbese kwihana ni kwo kwaba inkomyi yo kubuza umunyabyaha
Umukiza we?
Bibiliya ntivuga ko umunyabyaha akwiriye kubanza kwihana ngo
hanyuma y'aho abone kwitaba kurarika kwa Yesu. Umukiza wacu
araturarika ati: “Nimuze aho ndi, mwese abarushye n’abaremerewe,
ndabaruhura.” Matayo 11:28.
Imbaraga iva muri Yesu ni yo itera kwihana nyakuri. Petero yarabyeruye
igihe yabwiraga Abisiraeli, ati: “Imana yaramuzuye, imushyira iburyo
bwayo, ngo abe Ūkomeye n’Umukiza, ngo aheshe Abisiraeli kwihana no
kubabarirwa ibyaha.” (Ibyakozwe n’intumwa 5:31). Uko tutabasha
kubabarirwa tudafite Yesu, ni na ko tutabasha kwihana tudafite Umwuka
we ukangura imitima.
Kristo ni we Soko y’imigambi yose itunganye. Ni we wenyine ubasha
gutera umutima kwanga ibyaha. Gushishikarira iby’ukuri no kubonera,
no kwemezwa ibyaha byacu, ni tubigira, ni ibihamya byerekana ko
Umwuka wa Yesu akorera mu mitima yacu.
Yesu yaravuze ati: “Ni manikwa hejuru y’isi, nzikururiraho bose.”
Yohana 12:32. Umunyabyaha akwiriye guhishurirwa Kristo, akamenya
ko ari we Mukiza wamanitswe ku musaraba, azira ibyaha by’ab’isi. Iyo
twitegereje Umwana w’Imana ku musaraba w’i Kalvari, ni bwo duhishurirwa ibiyoberane by’agakiza, maze kugira neza kw’Imana
kukadutera kwihana.
Ubwo Yesu yapfiraga abanyabyaha, yagaragaje urukundo rutarondorwa
adukunze; kandi umunyabyaha utumbiriye urwo Rukundo, rudohora
umutima we, rukamutera gutekereza, akabura uko agumya kurwanya
Yesu, akitanga burundu.
Haba ubwo ibibi by’abantu bibakoza isoni, bigatuma bareka ingeso zabo
mbi zimwe, bataramenya ko ari Kristo ubareshya. Iteka, iyo abantu
bagerageza guhinduka ukundi, babikuye ku mutima, imbaraga ya Kristo,
ni yo iba ibareshya. Nubwo baba batabizi, haba hariho igitota imitima
yabo, Kiyikangura, Kibatera guhinduka ukundi.
Ibibi byo mu kubaho kwabo, n’icyaha cya kamere cyo mu mutima,
byose barabihishurirwa, bagatangira kugira icyo bumva cy’igitangaza
cyo gukiranuka kwa Yesu, bakumirwa, bati: “Mbese icyaha ni iki kugira
ngo kirihirirwe igitambo kingana gityo? Mbese urukundo rungana rutyo,
n’uwo mubabaro wose, n’agashinyaguro kose, ni ukugira ngo dukire
urupfu, tuzabone ubugingo budashira?”
Icyakora, umunyabyaha yashaka, yabasha kwanga urwo rukundo
ruhebuje; yabasha no kwanga kwegerezwa Yesu; ariko, atanze,
yamwegerezwa. Yamara kumenya inama y’agakiza, bigatuma agera ku
Musaraba, akihana ibyaha bye Umwana w’Imana yazize.
Umwuka w’Imana, ubeshaho ibyaremwe, ni We utota imitima y’abantu,
Akayitera kuzinukwa burundu ibyo bari bakennye. Ibyo muri iyi si
bajyaga bakunda, ntibibe bikibasha kunyura imitima yabo. Umwuka
w’Imana abahendahendera gushakashaka gusa ibyabazanira amahoro
n’ihumure, ari byo mbabazi za Yesu, n’umunezero uzanwa no kwera.📖♥️🙏🙏🙏
Icyo mbona mwuka wera ari guhishura ibi byose, kuko ntashaka isezerano ry,ububyutse dufite ko rizasohora abantu bakirindagirira mumihango y,amadini . Muhabwe umugisha kdi mwuka wera akomeze abakozi be bavuge bashize amanga.
Ababagabo bishwe nuwabasobanuriye inzira y'ubugingo nabi ,nabo bigisha nkabadafite amakuru yururugengendo, bekwereka ko babizi cyane, JYONI BUNYANI ,na Mukristo ,babivuga neza, iyo babeshya ntibabona ,igihanda nticyari kubarebera cyabamennye amaso, nimube maso bakundwa b'UMWAMI YESU, atubikiye ikamba ry'ubugingo ,kandi mwibuke ko muriyinzira irimo abagizi banabi bahiga abagenzi bajya muri siyoni,mube maso kandi mwambare imbaraga ,Umwami yesu arikumwe namwe ,ntimugire ubwoba mugire guhamya nkabari muri kristo yesu , mbifurije urugendo , PEREZIRE NA KARINIJABO IMANA YA Aburahamu sogokuruza ibahe umugisha
Gusa nanjye uko kwaturirana ,nemeranya namwe ko igihe wagiranye amakosa namugenzi wawe kugirango mubabarirane ,naho kuvuga ibyo wakoreye aho tutazi twagakwiye kubyumva mubuhamya uvuga ko Yesu yabigukijije.
Ndabashimiye Yesu aduhanumugisha bavandimwe ubwitange wanyu suwubusa mumwami,muzobonabazoza babarwako mutazi,nkibitsibo,nanje ndi mubariko bakanguka kubwo kwumviriza ibinyuramwo
Uburyo ijambo kwatura rikoreshwa siko bibiliya ibivuga ubundi kwatura nugusabana imbabazi kubahemukiranye cg kuwahemutse ariko kwicara imbere yabantu batazi ibyawe uvuga ibyaha byawe nubuyobe rwose kuko inshuro nyinshi usanga banavuga utwaha duto cyane nkurugero Imana imbabarire intege ncye kdi mubyukuri nkuko umunyabyaha yijyaniraga intama akayaturiraho ibyaha bye ntawundi ugiye hagati yumunyabyaha n'Imana niko bigomba kugenda nanubu ibyaha byawe bigeze kuri Yesu wenyine numutima ubabajwe nibyaha yiteguye kukubabarira ariko niba hari icyaha wakoreye kumugaragaro nibyiza no kucyaturira aho wagikoreye kugirango bamenye ko wahindutse batazagumya kukubarira aho wahoze kdi usabe imbabazi abo wahemukiye. Murakoze
Muri imfura gusa. Murakarama mukomerezaho weee alleluia
Pastor senga yaratsindishijwe rwose mumenye vuba ariko ibyo avuga niko gakiza kuzuye
Issa ndamukunda ❤rwose arik kd nawe plaisire ndetse na zaburi nshya ndabashimira ibiganiro mutugezaho biratwubaka kd biraduhindura❤❤❤❤
Imana lmbabarire amafuti yanjye yose nakoze Aho njyenda nstindwa hose inyeze
Amen !Murasobanura neza Ubutumwa bwiza Bavandimwe,Imana ishimwe yo yangiriye Ubuntu maze ikankiza itabutewe n'imirimo myiza naba narakoze (kuko ntayo) ahubwo kubw'ubuntu bwayo gusa,impera agakiza Ubuntu kubw'uko yambabariye ibyaha byanjye byose (iby'ubuzima bwanjye bwose),ariko kumbabarira byasabye ko yica Umwana wayo(yesaya 53:10) iramushenjagura imuhora ibyaha byanjye kugira ngo mbone guhinduka Umwana wayo (2kor5:21). amen
Imana ibahe imigisha bana bw'Imana muri kumfasha cyane ndigusobanukirwa byinshi
Amen
Issa God bless you
Peace of Lord be for you and your family
Murakoze cyane! Dore icyo mbona n'uko amadini yadutindije mu bidutandukanya n'ayandi madini birangira aribyo twise gukiranuka. Ariko hari icyo nungukiye mu gice cya 1 mwatambukije: Uzi ko Yesu azatwara abantu bavuye mu matorero n'amadini atandukanye! Kdi bazaba bafite indangagaciro zimwe zihuye nicyo yasize avuze! None ko mbona buri dini usanga abaririmo batandukanye nabo murindi dini runaka, ubwo urumva ibyo twakiriye bidahabanye n'ibyo Imana idushakaho?
Kutigishwa ni byiza kuruta kwigishwa ibinyoma. Igihe cyo kubikosora biravuna cyane. Mukomeze mubibe imbuto. Guterwa amabuye si ikibazo kuko igitabo cy'Ibyakozwe n'Intumwa tubona ko Pawulo yagize abamukurikirana bakanagambirira kumwica kuko bavugaga ko ayobya abantu.
Si uko muri Pawulo ariko buri wese aba ashaka kurwanirira icyo yamenyeshejwe mbere. Igitera agahinda ni ukurwanirira ikinyoma.
Yesu ashimwe Nsenga aravuga ukuri kuko abantu twanga gutinda mugutekereza ibyaha tubatwakoze kuko tuziko imbabazi twazihawe niyompamvu mubona umurimo w'Imana abantu bawukoranabi Nsenga Imana iguhumugisha uvuzukuri
Imana ibahe umugisha !iyo nyigisho yo kuvuka ubwakabiri nayo muzayivugeho ,dukeneye kwiga apana kugendera mukigare
Imana ibahe umugisha.Murakoze cyane
Senga is RIGHT 💯
Yuuuuuu mwibwirako mureba ariko ntimureba. Icyampa ngo mumere. Nkapasita senga nimumureke sha uriya numukiranutsi akomoka mwijuru. Numuvandimwe wajye pasita senga Good Good.
Je suis d'accord avec pastor Nsenga.rwose ikintu cyo kwatura ibyaha kizamo ubuyobe.kwaturira icyaha uwo utagikoreye nta kamaro uwagikorewe niwe ukwiye kucyaturirwa.ntimubizi se ko amadini yose yakomotse kuri kiliziya gatorika niyompamvu usanga hari utuntu tumwe natumwe agifite twayo.kujya kwaturira icyaha pastor ukamubwira ngo agusabire imbabazi nta penetensia irenziyo
Nsenga aravuga ukuri ark mugihe abantu batakwiteguye ubundi yajya abaha ducye ducye babasha kwakira nyuma yaho akabaha ibintu nkabiriya bikomeye
Yooooo UMWAMI YESU atubabarire peeeee 🤲🤲🤲
Issa nawe 1 john 3:4 icyaha ni ukwica amategeko tuyica tukivuka none kuki utubahiriza isabato.Nimunkunda muzitondera amategeko yanjye.Kandi niyo mico y'Imana.Rero zaburi51:7 na 58:4 twese tuvuka turi abanyabyaha rero ntituba abanyabyaha kuko dukora ibyaha ahubwo dukora ibyaha kuko turi abanyadbyaha
Jyewe iyo hataba kwatura sinari gutinya icyaha nukuri kwatura bwaratureze mumwuka no mumubiri
Senga arimo cyane
Tuzi yuko ibyo amategeko avuga byose abibwira abatwarwa na yo, kugira ngo akanwa kose kazibwe, kandi abari mu isi bose batsindirwe n'urubanza imbere y'Imana, kuko imbere yayo ari nta muntu uzatsindishirizwa n'imirimo itegetswe n'amategeko, kuko amategeko ari yo amenyekanisha icyaha.
ABAROMA 3;19-20
Mwakoze bakundwa bene Data ,
Ariko ijambo musobanuye muri Yeremiya 31:31-----32
Aho rivugango kuko ndibaza umugabo wabo wabirongoreye
Iyo urebye muri English riganga A Husband ntabwo ari uyobora or Redding no is a Husband.
But murasobanura Ijambo ry Imana rikandyohera cyane pe
Nahagezee, nanjye ibyo nabitekereje ho mbivuze bangira umusazi😢. Kandi nukuri rwose
Icyo nkunda ye uwo mutumirwa nuko imyigishirize ye no kwemera kwe bidashingiye kwidini kuko abanyedini nabanyabinyoma byagera kuri cash ho bikaba ingorabahizi yobu 27:3:6
Nanjye haribyo maze gusobanukirwa kdi ntawubinyigishije,narasobanukiwe,ese uwo ugiye kwaturira wecyi njye kwaturira abantu simbishyigikira ,ahubwo wowe ugira intego yokwihana ibyaha ,ubundi ugasaba yesu ngo agushoboze,kdi kwihana nurugendo rutari rugufi kugirango tugera aho tuvugango meze nkusukwa kugicaniro
1yoh2:4 amategeko 10 isi yarasiribanze njye ndi umukristo utegereje kugaruka bwa2 Kwa Kristo udasengera mu masenga y'abambuzi (insengero) ariko ubwiriza abazibamo.ndababwira ko mwagoswe ninyigisho muhannywera muvemo mwige mukizwe mukore twitahire .Maranatha
Ahubwo wowe ushaka kuyobya abantu, umwana wikirara iyo agarutse mubumwe bwabana b'Imana ntubyishimira, ese ntiwarukwiye kujya kubwiriza indaya na mayibobo n'abajura bataramenya impamvu yo kuba mumadini, icyo navuga kubantu baba mumadini nuko bakomeza kuba maso kuko nababayobora bashobora kubayobya, kuko intego yo kuba mumadini ya gikristo nuguhugurwa mukuba abigishwa ba Kristo ngo babe intumwa za YESU, umuntu uri mwidini rya gikristo yakwibaza intego n' impamvu yo kuba muri iryo dini, niba atari ukuba umwigishwa wa YESU iryo dini ntacyo rimumariye, inama namugira nuko yarisohokamo , akibera inzererezi nkuyu muntu uvuze ngo yigisha abantu kuva mumadini yise isenga ry'abambuzi 😢😢😢😢😢😢😢
AMEN AMEN. So how do you know that you have a genuine salvation?
Ubuntu s uburenganzira bwo gucumura ahubwo ubuntu n ukwitwa abana b Imana tutari tubikwiye nta kiguzi dutanze ahubwo ari Yesu ubwe ukidutangiye .Nta numwe ugira icyo yishyura ngo akizwe ni Yesu ubwe udusanga akatumurikira nibwo buntu .Ku musaraba yarishyuye byose ngo atugire abe maze natwe tubeho kubwe tuyobowe na Mwuka Wera
Oyaaaa Plaisir ! Nange nemeranywa nawe peeee !abarokore benshi mwihana nabi ,kuko ntago mwihana ngo mubireke ,ahubwo abenshi hazamo kumenyera Imana😮
Ubu igituma bizogorana gutahura abantu ivyo bizeye birabakuza bariko barabihinyura.kandi iki nigihe cabanyabgenge babuze ubgenge bw'Imana nico gituma umuntu akwiye gutungwa nico yaziganije
Nukuri muziye igihe Imana ibakoreshe ibikomeye muhumure abantu bave mubuyobe buri mu madini
Kwatura muri yakobo 4.15-16 si ukubwira ibyaha byawe mugenzi wawe kuko nawe aba afite ibyaha. Kwatura kuvugwa ni ukwemera ko uri umunyabyaha ukabyaturira Imana. Kwaturirana ibyaha ni ukuvuga ibyaha byo mu bwoko bwawe cyangwa byo muri bene wanyu nkuko Daniel umuhanuzi yabikoze asabira ubwoko bwe.
Yesu ashimwe plaisir mwampaye link yiyo nyigisho muri gusobanura
Kuva kuri Adamu kugera kuri Kristo hari hashize imyaka ibihumbi bine 4000 wateranyaho indi ibihumbi bibiri Kristo amaze asubiye mu Ijuru bikaba imyaka ibihumbi bitandatu 6000 ntabwo ari ibihumbi 4000 yose ahubwo ni ibihumbi 6000
Ikindi ese iyo muvuze ngo hari igihe cyamategeko kandi Yesu Kristo akaba yaravuze ko ataje gukuraho amategeko mwagakwiye kumenya amategeko Kristo yakuyeho nayo atakuyeho kuko yavuze ko kugeza aho Ijuru nisi bizashirira ko amategeko y’Imana atazavaho nagace kaka nyuguti gato tandukanya amategeko yimihango n’amategeko 10 agize ubutabera bw’Imana adahinduka kandi nanone uko gukiranuka kw’Imana ari nako gukiranuka kwa Kristo tubarwaho guheshwa nu wizeye Kristo ariko ngo amategeko nibyahanuwe nibyo bigusohoza nshuti
Rom 3:21 Ariko noneho hariho gukiranuka kw'Imana kwahishuwe kudaheshwa n'amategeko, nubwo amategeko n'ibyahanuwe ari byo biguhamya, 📖🙏🙏🙏
Umva icyo Bibiliya ivuga hano ngo Hariho gukiranuka kw’Imana kwahishuwe ngo kudaheshwa namategeko ngo ariko noneho umva neza ngo amategeko nibyahanuwe nibyo biguhamya umva erega muri icyo gice cya abaroma 3:20 ho bavuze ngo amategeko niyo amenyakanisha icyaha niwo mumaro wamategeko nshuti ese ubundi Kristo yatubabariye iki?ntabwo wumva ko amategeko ariyo amenyekanisha icyaha se Kristo yatubabariye amategeko twishe ariko noneho iyo umuntu akubabariye ntabwo aba akubwiye ngo ukomeze umuhemukire kubibi wamukoreye ahubwo kubwimbabazi akugiriye iyo wazisabye koko wasobanukiwe nububi bwicyo wakoze uwo muntu abaho atongeye gukora icyaha kuko yamaze kumenya ububi bwacyo
Rom 3:28 kuko duhamije yuko umuntu atsindishirizwa no kwizera, atari imirimo itegetswe n'amategeko.
Rom 3:31 Mbese none duhinduze ubusa amategeko kwizera? Ntibikabeho! Ahubwo turayakomeza.
Mt 5:17 “Mwitekereza ko naje gukuraho amategeko cyangwa ibyahanuwe. Sinaje kubikuraho, ahubwo naje kubisohoza.
Mt 5:18 Kandi ndababwira ukuri yuko ijuru n'isi kugeza aho bizashirira, amategeko atazavaho inyuguti imwe cyangwa agace kayo gato, kugeza aho byose bizarangirira.
Mt 5:19 Nuko uzica rimwe ryo muri ayo mategeko naho ryaba ryoroshye hanyuma y'ayandi, akigisha abandi kugira batyo, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mutoya rwose. Ariko uzayakora akayigisha abandi, mu bwami bwo mu ijuru azitwa mukuru.
* umva ntabwo watandukanya ingoma y’Imana n amategeko yayo kandi amategeko yayo akwiye kumvirwa yose ariko umuntu ubwe ntiya byishoboza Kristo niwe ubimushoboza kubwo kwakira icyo yamukoreye harimo urupfu rwa Kristo no Kuzuka kwe kandi bantu b’Imana ndagirango tuge dusobanukirwa neza iki kintu iyo bavuze ngo igihe cya amategeko bashaka kwerekana ko kitakiriho ntabwo ari amategeko yose uko ari icumi baba bavuga ko yavuyeho muri ayo icumi haba hagenderewe rimwe cyangwa abiri muzabicunge cg Reka tunabivuge si ibanga ayo baba bagamije gukuraho reka nyakubwire kuko bishoboka ko tutazongera guhura cg ngo wongere kubona ubu butumwa ukundi bagambiriye gukuraho itegeko rya kabiri rivuga ribuzanya gusenga ibishushanyo aho nihamwe nko muri Roman Catholic nabandi bayobotse inyigisho yabo yugukuraho itegeko rya kane ritwibutsa kuruhuka ku Isabato yumunsi wa karindwi (Saturday) bakayimurira kumunsi wambere w icyumweru (sunday) utazagira ngo baza kwigisha ko ntugasambane yavuyeho cg ntukice cg ntukibe ariko bazagenda nibagera kwayo abiri bati twe twarizeye Kristo ntidukeneye amategeko ariko uzarebe ayo bavuga nimba koko bayica yose cg hari ayo kwica ntakibazo andi kuyica bikaba ikibazo murimwe muri hano ninde bamenya ko Yasambanye agasubira kuririmba muri choir kurusengero babimenye none baba baguhoye iki nimba amategeko yararangiye uhibaze cyane ❓
Gal 2:20 Nabambanywe na Kristo ariko ndiho, nyamara si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye. Ibyo nkora byose nkiriho mu mubiri, mbikoreshwa no kwizera Umwana w'Imana wankunze akanyitangira.
Fil 4:13 Nshobozwa byose na Kristo umpa imbaraga.
Imig 28:9 Uwiziba amatwi ngo atumva amategeko,Gusenga kwe na ko ni ikizira.📖💕♥️🙏🙏🙏🙏
Mubanze mwigishe abantu kuvuka ubwa kabiri, kuko benshi ntibavutse ubwa kabiri, bazi inyigisho z'idini gusa.
Arko nubundi nubuyobe Iyakuyeho ibitambo igakuraho abatabyi niyo yadukuyeho ibyaha so sabanu bakuraho ibyaha
Ubu noneho biragaragara nezako Umwami Yesu agiye kugaruka , kuko ubutumwa bwiza bw,Ubwami burikwigishwa ngo bube ubuhanywa bwoguhamiriza amahanga
Abantu ntibazi agakiza icyo bivuze uwabyawe n'Imana ntakora ibyaha
KUTIZERA UMUCUNGUZI = KURIMBUKA
KUMWIZERA = KUBABARIRWA , KUTARIMBUKA
IKIBAZO ABANTU MBONA BAFITE AHUBWO NI IJAMBO "KWIZERA"
HARI ABIYUMVISHA KO KWIZERA ARI UKWIZERA KO UMUNTU YACUNGUWE GUSA UBUNDI BAKIGARAMIRA GUTYO GUSA BASHAKA BAKIJANDIKA MU BYAHA.
KANDI KWIZERA NI IJAMBO UBWARYO RIGARI CYANE ARI NARYO RIZATUJYANA RWOSE MPAKA TUGEZE IWACU.
PLAISIR!!!!!!
NASABAGA KO MWAZAZANA PST SENGA CG PROF BYIRINGIRO SAM BAGASOBANURA "KWIZERA KRISTO UKO ARIKO"
N'UBWOKO (TYPES) BWO KWIZERA .
MURAKOZE
Muruzuzanya nkumirwa 😊
Ntimuzashwane muri ab,umumaro mubwami
Ibyo nukuri Imana ijyitubabarira kuko ifitubutunzi bwimbabazi
Yoooo ...abantu bareke kuba imbati y idini ..ahubwo mwisunge bibiliya yera...umuco wose uri mu nyandiko Zera.🎉
Pastor Senga nabandi bose bavuga ubutumwa bwiza bavuga ukuri
Noah ntabwo twemeranya kuko abigishwa ba yezu bamusabye ko abigisha gusenga:mwisengesho yabigishije harimo no kwicuza ibyaha havuga ngo utubabarire ibicumuro byacu none c ibyo sukwihana ibyaha??
Uzabahuze na paster Ngarambe Albert uko ari 4 batuganirize kuko umwuka wuwiteka ubariho.
Ndi kurushaho guhishukirwa nicyo Yesu yakoze ,icyo yari agamije kiruta ibindi yakoze.
Bavandimwe mbere senga yingishaga ubutumwa bwiza kurubu yavangiwe ariko muvuge no kubandi ngababagire biyita abadshumba 1Timoteyo 3:1
Ijambo ry'Imana ntaho rihuriye n'imyumvire bwite y'umuntu cg idini.
Bene data duhugukire Kwiga neza Ibyanditswe byera Umwukawera azadufasha Gusobanukirwa no kumenya.
Sha noneho ndumiwe
Haricyo Yesu Kristo yavuze igihe umwe mubigishwa igihe yamusabaga ko abigisha gusenga.Luka11:1-13.ibindi byose iyo bitandukanye n'ijambo ry'Imana biba arinyigisho z'antikiristo.mube maso.
None se wumvise bitandukanye n'Ijambo ry'Imana?
None ubwo umuntu yatumgwa no gusenga gusa atiga atamenya adasobanukirwa ijambo ry'Imana?
Just ikintu cyose gitandukanye N'IJAMBO RY'IMANA ni contre Christ
Plaisi, abantu benshi ntabwo bareba ikiganiro!
Basoma title gusa, then ntibakurikire!!
By the way, iyi team yanyu ni nziza, mujye mukunda guhura! Issa ni umuhanga kandi arimo umwuka w’Imana
Noneho iyi. Isi igeze kure pe! Ndatangaye.
Mwakoze, ariko mutubwire: nta ngaruka z'ibyaha hagati y'umuntu n'Imana?
ISSA ❤
Senga aravuga ukuri kuzuye ,,ibyakozwe n'intumwa 10:43
Kwatura ni byiza ariko igihe cyose si ngombwa kwaturira abantu, hari ibyaha byaturirwa Imana gusa, hari nibyaha byaturirwa ababigiriwe gusa, hari nibyaha byaturirwa muruhame igihe nubundi byakorewe muruhame
Yewe burya nasanze buri dini wamugani warisohoreyeko ngo wivuga nabi. Burya tweeeeessseeeeeeee azirengera ivyiwe imbere w y,,intebe y,imanza z, Imana. Kuko buri dini ryumva ko ariryo rifise ukuri. Ikindi gerageza muze murareka kuza murateramana ayandi madini. Kuko abarundi baramaza ngo "ntamwonga ubura isato iba idahizwe"
Ese mwebwe nicyi cyemezako mwigisha ibyukuri, afite ukwabyunva, abantu abagabo gufata paster nsenga mukamusesengura kuki ariwe mwihaye burigihe birababaje pe
Plaisir, nemeranya na pst Senga 💯 kunyigisho ze, gusa nibake bakumva umumaro zifitiye itorero batarahishurirwa Christo.
Nubishobora uzamvugishe kuko mfite ubuhamya bujyanye ninyigisho ze
Amahoro ya Christo Yesu aganze mumitima yanyu mwese.
Ibihe birushya twabigezemo bakristo mube maso dusenge
Imana idutabare Aba bagabo twakundaga ijambo ryabo birababaje kumva batangiye kuyobya Abantu 😭😭😭
Mana Yanjye Ndankwinginze Umbabarire Nkuko Wababariye Pasteur Nsenga
Icyo kiganiro nisawa🎉🎉🎉🎉
Issa ubivuze neza : ngo kwihana kw amategeko.
repent s and still go back in sinn is zero in front of God
Yes kwaturira abantu ni ubuyobe bukomeye
Erega inyigisho za kiriziya zaratwinjiye, iyo ni penetensiya, ubundi kwaturira abantu bikorwa igihe nubundi aribo wabikoreye
Senga is right ❤❤❤❤❤
Nakunze ikikiganiro canyu bimwe bikomeye From 🇺🇸
Plaisir ndakwinginze uzatumire prophet Sultan Eric nawe atuganiririre k'ubuntu kuko igihe twigishirijwe amategekeko kirahagije.
🇸🇾 Ndabumva kdi nda banezerewe cyane
Muraho neza ndabakunda musobanura neza ijambo ry'Imana rikumvikana
Imana ushimwe kubwokumenya ryose ibyagakiza kiteka gusa Imana itugenderere tumenyeneza tutabyitiranya nogukora ibibi bakumvako babariwe byiteka